Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwabonye Inyandiko Ya DRC Yemerera Abakoze Jenoside Kuyituramo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwabonye Inyandiko Ya DRC Yemerera Abakoze Jenoside Kuyituramo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 September 2024 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yatangaje ko yatunguwe no kumva DRC ihakana umwimerere w’inyandiko yasinye yemerera abantu barimo n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi kuza kuyituramo.

Abo bantu barimo Protais Zigiranyirazo wahoze ari umukwe wa Perezida Habyarimama na Captaine Innocent Sagahutu wari umusirikare muri batayo yayoborwaga na Major François-Xavier Nzuwonemeye nawe uri kuri urwo rutonde.

Iyi nyandiko ubuyobozi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwita ikinyoma igaragaza ko yashyizweho umukono taliki 26, Nyakanga 2024 bikozwe  n’umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Antony Nkinzo Kamole.

Uyu yemereraga, nk’uko bigaragara muri iyo nyandiko Taarifa ifitiye kopi,  Ali Illiassou Dicko uruhushya rwo guhagararira Perezida Felix Tshisekedi mu biganiro na Niger.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda  Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe avuga ko bitumvikana ukuntu DRC ihakana iby’uko ari yo yanditse urwo rwandiko, ikarwita ikinyoma.

U Rwanda ruvuga ko iyo nyandiko ari iy’ukuri kandi yakozwe mu ibanga hagamijwe guha ikaze muri DRC Abanyarwanda bahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nduhungirehe avuga ko yatunguwe no kubona Ibiro bya Perezida Tshisekedi  bivuga ko iyo nyandiko ari ikinyoma kandi n’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda UNIRMCT rwaroherereje kopi y’iyo nyandiko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Niger taliki 6, Nzeri, 2024.

Akomeza avuga ko na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda yakiriye iyo nyandiko ku ya 7, Nzeri 2024, saa munani n’iminota 54 (14h54) ni ukuvuga umunsi wakurikiye uwo yagereye muri Niger.

Ngiyo inyandiko DRC yemeraga ko abo bagabo baza kuyituramo

Mu magambo macye, iyo nyandiko igaragaza biganiro byari bigiye guhagararirwamo Tshisekedi  bigamije gusaba Leta ya Niger kweremera Abanyarwanda batandantu uburenganzira bwo kujya muri DRC.

Bose uko ari batandatu ni aba bakurikira Sagahutu Innocent, Nzuwonemeye François Xavier, Mugiraneza Prosper, Nteziryayo Alphonse, Ntagerura André na Zigiranyirazo Protais.

Bose basanzwe baba muri Niger nyuma y’uko urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha rwari rwarashyiriweho u Rwanda rubaburanishije rukabahamya Jenoside kandi bakabifungirwa, ibihano bakabirangiza.

U Rwanda ruvuga ko DRC iramutse yumva ishaka kwakira abo Banyarwanda yabikora ku mugaragaro itihishiriye.

Minisitiri Nduhungirehe ati: “Niba Leta ya DRC ishaka guha ubwisanzure no kujya muri DRC abo Abanyarwanda bahoze muri Leta y’abateguye Jenoside mu mwaka wa 1994, barimo uwabaye Captain ukiri mu mitwe yitwaje intwaro iishaka gukuraho ubutegetsi, niyemere ibikore itihishe inyuma y’urutoki rwayo ruhera”.

Bivugwa ko Captaine Sagahutu na n’ubu yari agikorana na FDLR mu buryo buteruye.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedNduhungireheThsisekediUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Undi Muburo Polisi Iha Abamotari…
Next Article Kagame Yagiye Muri Singapore Kongera Ikibatsi Mu Mubano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?