Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda ‘Rwageze Aho’ Rugira Icyo Ruvuga Kubyo Rushinjwa Na Sosiyete Sivile Ya Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda ‘Rwageze Aho’ Rugira Icyo Ruvuga Kubyo Rushinjwa Na Sosiyete Sivile Ya Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 August 2022 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize Ibyumweru bibiri Sosiyete Sivile yo muri Repubulika ya Centrafrique yikomye u Rwanda ko ruri inyuma y’umushinga wa Perezida Toaudéra wo guhindura Itegeko nshinga kugira ngo azabone uko yiyamamariza manda ya gatatu.

Icyo gihe abagize Ihuriro rya Sosiyete Sivile yo muri Repubulika ya Centrafrique bise G16 (La Société Civile pour la Défense de la Constitution du 30 Mars 2016) bavugaga ko bafite amakuru y’uko Perezida Touadéra ashaka guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo aziyamamarize manda ya gatatu.

Uyoboye iri Huriro witwa Jean-François Akandji-Kombé yabwiye RFI ko u Rwanda rwasezeranyije Touadéra kuzabimufashamo ndetse ngo ruzatanga n’amafaranga yo kugira ngo byose bikorwe.

Centrafrique: le G16 dénonce une dérive dictatoriale et une ingérence rwandaise https://t.co/xRTk3k0yfc pic.twitter.com/JcwDcF69Jw

— RFI Afrique (@RFIAfrique) July 16, 2022

Abagize ririya Huriro bavuga ko ibyo amakuru abaha by’uko u Rwanda rushaka gufasha ubutegetsi bw’i Bangui bidakwiye kubera ko abaturage ba Centrafrique basanzwe bubaha u Rwanda bakarufata nk’igihugu cy’abavandimwe.

Ubwo twatangazaga iyi nkuru bwa mbere twari twabajije  Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Madamu Yolande Makolo icyo avuga kuri ibi bivugwa na Sosiyete Sivile yo muri Repubulika ya Centrafrique ariko ntiyadusubiza.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Bwana Alain Mukuralinda we yatubwiye ko atari mu Rwanda.

Bisa n’aho iyo umuntu atari mu Rwanda, inshingano zo kuvugira Urwego  azisiga mu Rwanda!

Icyo Minisitiri Dr Vincent Biruta abivugaho…

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yabwiye bagenzi bacu ba IGIHE ko  u Rwanda rudashobora kwivanga muri politiki y’imbere muri Centrafrique.

Ati: “U Rwanda ntirushobora mu buryo ubwo ari bwose, kwivanga mu bibazo bya politiki by’imbere muri Repubulika ya Centrafrique. Kuba turi muri Repubulika ya Centrafrique biri mu rwego rufitanye isano n’ibyabaye mu mpera za 2020, ibibazo by’umutekano muke byari bibangamiye urugendo rw’amatora.”

Biruta avuga ko ingabo z’u Rwanda zidashobora ‘kuba hariya’ kugira ngo zishyigikire umuntu runaka, cyangwa zivange mu bibazo bya Plitiki y’imbere muri Repubulika ya Centrafrique.

Avuga ko ingabo z’u Rwanda zikorera by’umwihariko i Bangui kandi inshingano zifite ‘atari’ ukurinda inzego n’abaturage ba Bangui na Repubulika ya Centrafrique, ‘ahubwo ari’ gutanga umusanzu mu rwego rwo kuvugurura inzego z’umutekano muri Repubulika ya Centrafrique.

Sosiyete Sivile Muri Centrafrique Yikomye U Rwanda

TAGGED:BirutaCentrafriquefeaturedRepubulikaRwandaTouadera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pelosi Arasura Taiwan N’Ubwo u Bushinwa Butabishaka
Next Article Video Y’Imyiteguro Y’Ingabo Z’u Bushinwa Mu Ntambara N’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?