Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahagaritse Inama Yari Kuruhuza n’u Bubiligi Kubera Imvugo Kuri Rusesabagina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwahagaritse Inama Yari Kuruhuza n’u Bubiligi Kubera Imvugo Kuri Rusesabagina

Last updated: 21 September 2021 8:49 am
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko inama yagombaga guhuza Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta na mugenzi we w’u Bubiligi Sophie Wilmès itakibaye, kubera amagamba yavuze anenga imikirize y’urubanza rwa Paul Rusesabagina.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Urukiko rukuru rwahanishije Rusesabagina gufungwa imyaka 25, nyuma yo kumuhamya ibyaha by’iterabwoba bishamikiye ku bitero by’umutwe w’iterabwoba wa MRCD/FLN.

Ni ibitero byagabwe guhera mu 2018 mu Turere rwa Nyamagabe, Nyaruguru na Rusizi, byishe abaturage bamwe abandi barakomereka, bitwika imodoka ndetse bigasahura imitungo y’abaturage.

Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès, yasohoye itangazo avuga ko Rusesabagina unafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, “atahawe ubutabera bwuzuye”, by’umwihariko bujyanye bwo kwiregura.

Yakomeje ati “Gufatwa nk’umwere igihe urukiko rutaramuhamya ibyaha nabyo ntibyubahirijwe. Ibyo byose bigatera ukwibaza ku bijyanye n’urubanza ndetse n’icyemezo cyafashwe.”

Ni icyemezo cyarakaje u Rwanda nk’uko bigaragara mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, cyane ko inzego z’u Bubiligi zafashije mu iperereza kuri Rusesabagina.

Mu byakozwe harimo isaka ryakorewe mu Bubiligi, ritahura ibimenyetso byinshi bijyanye n’amafaranga yohererezwaga abarwanyi ba FLN, cyane ko ari ho haba Munyemana Eric wari umubitsi wa MRCD iyobowe na Rusesabagina.

Mu isaka ryabaye mu Ukwakira 2019 kandi kwa Munyemana hafatiwe inyemezabuguzi ya telefoni eshatu za Blackphone zaguriwe abayobozi b’abarwanyi ba FLN ku £1300.

Ingingo ikomeye mu itangazo ry’u Bubiligi yakomezaga iti “Muri iki cyumweru i New York hategerejwe ikiganiro na Minisitiri w’u Rwanda, Vincent Biruta, ubwo hazaba harimo kuba Inama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye. Hagati aho, u Bubiligi bukomeje kuvugana na Rusesabagina.”

Iyo nama u Rwanda rwahise rutangaza ko itazabaho, ruvuga ko ibyo biganiro bizashoboka umunsi Minisitiri w’u Bibiligi azaba yakoze urugendo akajya i Kigali.

Itangazo rikomeza riti “Kubw’iyo mpamvu, inama yari kuzahuza ba Minisitiri ku mpande zombi ubwo hazaba hateranye inama y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, ntabwo ikibaye.”

“Ariko, Guverinoma y’u Rwanda yiteguye kwakira mu Rwanda Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Ubwami bw’u Bubiligi mu gihe gikwiriye, mu gukomeza ibiganiro hagati y’ibihugu byombi.”

Mu gihe u Bubiligi bwavugaga ko Rusesabagina yimwe uburenganzira bwo kwiregura, muri Werurwe yivumbuye ku rukiko avuga ko ahagaritse kwitabira urubanza rwe.

Ni nyuma y’uko yari amaze gusaba urukiko ko kubera ubunini bwa dosiye, iburanisha ryasubikwa mu gihe nibura cy’amezi atandatu kugira ngo abanze abone ibikenewe byose byamufasha kwiga dosiye no gutegura imyiregurire.

Urukiko rwasanze ari igihe kirekire, rwemeza ko habanza kwiregura abandi 20 bareganwa, we akaziregura nyuma aho gutegereza kiriya gihe cyose iburanisha rihagaze.

Kutitaba urukiko byanagize ingaruka ku icarubanza rye, kuko urukiko rwasanze ibyaha by’iterabwoba bimuhama byarateye urupfu, bityo ko agomba gukatirwa gufungwa burundu.

Ariko Umucamanza Mukamurenzi Beatrice yaje kuvuga ko kuba Rusesabagina guhera abazwa mu iperereza “hari ibyo yemeye, agasobanura uburyo byakozwe akabisabira imbabazi, n’uko ari ubwa mbere akurikiranyweho ibyaha mu nkiko, akwiye kugabanyirizwa ibihano agahanishwa igifungo cy’imyaka 25.”

Urukiko rwavuze ko rwashoboraga kujya munsi y’iriya myaka, ariko kuba ataritabiriye iburanisha ngo rumenye niba akomeza kwemera ibyaha, bitari gutuma ruyigabanya.

 

 

TAGGED:featuredPaul RusesabaginaSophie Wilmèsu BubiligiVincent Biruta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bantu Mukoresha FACEBOOK, Murarye Muri Menge!
Next Article Gukora Kinyamwuga Bisanzwe Ku Bapolisi B’U Rwanda’-Uyobora Polisi Ya UN I Bangui
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

You Might Also Like

Ibidukikije

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?