Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasabye Tanzania Abarimu b’Igiswahili
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwasabye Tanzania Abarimu b’Igiswahili

admin
Last updated: 03 August 2021 4:55 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye mugenzi we wa Tanzania Samia Suluhu umusanzu w’abarimu b’Igiswahili, nk’ururimi rukoreshwa n’abantu benshi muri aka karere harimo n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Mbere Perezida Samia yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Yakiriwe ku meza na Perezida Kagame mu birori byabereye muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kuba Samia yabashije gusura u Rwanda, ndetse ko n’Abanyarwanda bose bishimiye uru ruzinduko.

Yavuze ko rushingiye ku bucuti bumaze igihe n’umubano w’amateka hagati y’ibihugu byombi n’abaturage babyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Tanzania n’u Rwanda bihurira ku bintu byinshi birimo umuco, ururimi n’ubucuruzi. Abantu bacu mwabonye ko bakomeje kugerageza kuvuga Igiswahili, ndatekereza ko hari intambwe nziza irimo guterwa kandi Guverinoma yacu yiyemeje gutangira kwingisha Igiswahili mu mashuri.”

“Nyakubahwa Perezida, ndasaba ko waduha umusanzu w’abarimu n’abandi bo kutwigisha Igiswahili. Turagikunda, turacyishimira kandi gihuza abantu, by’umwihariko abantu bo muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Kagame yanavuze ko ibihugu byombi bisangiye ubushake bwo kwihutisha iterambere n’imibereho y’abaturage, kandi byifuza gukomeza gukorera hamwe mu guteza imbere Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba no kwimakaza ukwishyira hamwe kw’akarere na Afurikamuri rusange.

Yavuze ko Afurika y’Iburasirazuba yakomeje kuba amarembo aganisha ku burumbuke muri Afurika, hakaba hari amahirwe menshi kandi abaturage bafite impano zatuma bagera ku byo bifuza.

Ati “Inshingano zacu ni ukorohereza no gushora imari muri aya mahirwe kugira ngo twese hamwe tubashe kugira ituze n’imibereho myiza y’abaturage bacu n’akarere.”

- Advertisement -

Mu mwaka wa 2017 nibwo Inteko ishinga amategeko mu Rwanda yatoye itegeko ngenga rishyiraho Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi.

Guhera icyo gihe byemejwe ko ururimi rw’igihugu ari Ikinyarwanda, indimi zikoreshwa mu butegetsi zikaba Ikinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza n’Igiswahili.

Bibarwa ko uru rurimi mu karere ruvugwa n’abantu bagera muri miliyoni 100.

Perezida Samia yishimiye uko yakiriwe mu Rwanda
Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Samia muri Kigali Convention Centre

TAGGED:featuredIgiswahiliPaul KagameSamia Suluhu Hassan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Na Perezida Suluhu Basuye Uruganda Rw’Inyange
Next Article Imikoranire Ya RwandAir Na Qatar Airways Yafashe Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?