Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasabye Tanzania Abarimu b’Igiswahili
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwasabye Tanzania Abarimu b’Igiswahili

Last updated: 03 August 2021 4:55 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye mugenzi we wa Tanzania Samia Suluhu umusanzu w’abarimu b’Igiswahili, nk’ururimi rukoreshwa n’abantu benshi muri aka karere harimo n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Mbere Perezida Samia yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Yakiriwe ku meza na Perezida Kagame mu birori byabereye muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kuba Samia yabashije gusura u Rwanda, ndetse ko n’Abanyarwanda bose bishimiye uru ruzinduko.

Yavuze ko rushingiye ku bucuti bumaze igihe n’umubano w’amateka hagati y’ibihugu byombi n’abaturage babyo.

Ati “Tanzania n’u Rwanda bihurira ku bintu byinshi birimo umuco, ururimi n’ubucuruzi. Abantu bacu mwabonye ko bakomeje kugerageza kuvuga Igiswahili, ndatekereza ko hari intambwe nziza irimo guterwa kandi Guverinoma yacu yiyemeje gutangira kwingisha Igiswahili mu mashuri.”

“Nyakubahwa Perezida, ndasaba ko waduha umusanzu w’abarimu n’abandi bo kutwigisha Igiswahili. Turagikunda, turacyishimira kandi gihuza abantu, by’umwihariko abantu bo muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Kagame yanavuze ko ibihugu byombi bisangiye ubushake bwo kwihutisha iterambere n’imibereho y’abaturage, kandi byifuza gukomeza gukorera hamwe mu guteza imbere Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba no kwimakaza ukwishyira hamwe kw’akarere na Afurikamuri rusange.

Yavuze ko Afurika y’Iburasirazuba yakomeje kuba amarembo aganisha ku burumbuke muri Afurika, hakaba hari amahirwe menshi kandi abaturage bafite impano zatuma bagera ku byo bifuza.

Ati “Inshingano zacu ni ukorohereza no gushora imari muri aya mahirwe kugira ngo twese hamwe tubashe kugira ituze n’imibereho myiza y’abaturage bacu n’akarere.”

Mu mwaka wa 2017 nibwo Inteko ishinga amategeko mu Rwanda yatoye itegeko ngenga rishyiraho Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi.

Guhera icyo gihe byemejwe ko ururimi rw’igihugu ari Ikinyarwanda, indimi zikoreshwa mu butegetsi zikaba Ikinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza n’Igiswahili.

Bibarwa ko uru rurimi mu karere ruvugwa n’abantu bagera muri miliyoni 100.

Perezida Samia yishimiye uko yakiriwe mu Rwanda
Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Samia muri Kigali Convention Centre

TAGGED:featuredIgiswahiliPaul KagameSamia Suluhu Hassan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Na Perezida Suluhu Basuye Uruganda Rw’Inyange
Next Article Imikoranire Ya RwandAir Na Qatar Airways Yafashe Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?