Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga mu Rwanda yatangaje ko yamenyesheje Ububiligi ko u Rwanda ruhagaritse, mu buryo budasubirwaho, umubano wose rwari rufitanye nabwo.

Ni icyemezo kigomba guhita gishyirwa mu bikorwa nk’uko itangazo ry’iyo Minisiteri ribyemeza.

Icyemezo cy’u Rwanda gikurikiye ijambo Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yaraye avugiye muri BK Arena anenga ko Ububiligi bushaka gukomeza gusuzugura Abanyarwanda.

Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu agahugu gato kibwira ko kategeka Abanyarwanda, avuga ko u Rwanda rwihanije Ububiligi kenshi ndetse ko rugiye kongera kubwihaniza.

Ati: “ Twagize ibyago byo kuba twarakolonijwe n’agahugu gato nk’u Rwanda ndetse kagatema u Rwanda kakarucamo ibice kugira ngo rungane nako”.

Avuga ko Ububiligi bwahemukiye u Rwanda muri byinshi mu mateka irenga imyaka 30 yatambutse, kandi ngo ntibwarekeye aho ahubwo bukomeje kugira uruhare mu bibazo Abanyarwanda bahozemo  cyangwa barimo.

Ati: “Muri iyi myaka yose tumaze turashaka kuba Abanyarwanda ntidushaka kuba Ababiligi”.

Icyemezo cyo gusezerera abadipolomate bose b’Ububiligi gifashwe nyuma y’uko n’ubufatanye mu bw’ubukungu hagati ya Kigali na Brussels bwari buherutse guhagarara, u Rwanda rukavuga ko nta nkunga y’iterambere y’Ububiligi rukeneye.

Byari biteganyijwe ko mu myaka itanu( 2024-2029), u Rwanda ruzakoresha  Miliyoni 95 z’ama Euro rwari rwarahawe n’Ububiligi binyuze mu kigega cyabwo gishinzwe iterambere mpuzamahanga.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 
Next Article Ububiligi Bwagereye u Rwanda Mu Kebo Rwabugereyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?