Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga mu Rwanda yatangaje ko yamenyesheje Ububiligi ko u Rwanda ruhagaritse, mu buryo budasubirwaho, umubano wose rwari rufitanye nabwo.

Ni icyemezo kigomba guhita gishyirwa mu bikorwa nk’uko itangazo ry’iyo Minisiteri ribyemeza.

Icyemezo cy’u Rwanda gikurikiye ijambo Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yaraye avugiye muri BK Arena anenga ko Ububiligi bushaka gukomeza gusuzugura Abanyarwanda.

Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu agahugu gato kibwira ko kategeka Abanyarwanda, avuga ko u Rwanda rwihanije Ububiligi kenshi ndetse ko rugiye kongera kubwihaniza.

Ati: “ Twagize ibyago byo kuba twarakolonijwe n’agahugu gato nk’u Rwanda ndetse kagatema u Rwanda kakarucamo ibice kugira ngo rungane nako”.

Avuga ko Ububiligi bwahemukiye u Rwanda muri byinshi mu mateka irenga imyaka 30 yatambutse, kandi ngo ntibwarekeye aho ahubwo bukomeje kugira uruhare mu bibazo Abanyarwanda bahozemo  cyangwa barimo.

Ati: “Muri iyi myaka yose tumaze turashaka kuba Abanyarwanda ntidushaka kuba Ababiligi”.

Icyemezo cyo gusezerera abadipolomate bose b’Ububiligi gifashwe nyuma y’uko n’ubufatanye mu bw’ubukungu hagati ya Kigali na Brussels bwari buherutse guhagarara, u Rwanda rukavuga ko nta nkunga y’iterambere y’Ububiligi rukeneye.

Byari biteganyijwe ko mu myaka itanu( 2024-2029), u Rwanda ruzakoresha  Miliyoni 95 z’ama Euro rwari rwarahawe n’Ububiligi binyuze mu kigega cyabwo gishinzwe iterambere mpuzamahanga.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 
Next Article Ububiligi Bwagereye u Rwanda Mu Kebo Rwabugereyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?