Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: u Rwanda Rwasohoye Inkoranya Y’Ururimi Rw’Amarenga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

u Rwanda Rwasohoye Inkoranya Y’Ururimi Rw’Amarenga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2023 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yaraye imuritse inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga mu rwego rwo gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kuganira n’abo baka serivisi.

Yamuritswe ubwo hizihizwa Umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga wabereye mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Uburasirazuba.

Ni inkoranyamagambo nshya irimo ibimenyetso 2000, aho kuba 900 nk’uko inkoranya ya mbere yakozwe mu 2009 yari imeze.

Usibye igice cy’ibimenyetso bishushanyije, ifite amagambo yanditse mu Kinyarwanda no mu Cyongereza.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’abafite ubumuga, NCPD, Ndayisaba Emmanuel, yavuze ko bafata umwanzuro wo gukora inkoranyamagambo y’amarenga kuko hari imbogamizi z’uko abantu bagorwaga no kwigisha amarenga nyarwanda by’umwihariko mu mashuri.

Avuga ko basanze ari ngombwa ko bategura inkoranyamagambo y’amarenga nyarwanda kuko ururimi rwose rushingira ku muco.

Ndayisaba avuga ko mu mwaka wa  2015 ari bwo batangiye gukora inkoranyamagambo y’uririmi rw’amarenga nyarwanda.

Avuga ko impamvu yo gutinda kujya gusohora iriya nkoranyamagambo ari uko haburaga abafite ubumenyi mu marenga byo kuyikora no kuyinonosora.

Ati “ Haburaga ubumenyi. Mu gihugu ntawari ufite ubwo bumenyi. Twagiye Uganda araza akora igice biramunanira, dushaka umunyamerika nawe biramunanira, bwa nyuma tuza kubona uwafashije n’ibindi bihugu, niwe wadufashije.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCPD, Ndayisaba Emmanuel, yavuze ko hagiye kurebwa uko iyo nkoranya yashyirwa kuri murandasi   ku buryo byakoroha kuyisakaza, abantu bakarushaho kumenya  ururimi rw’amarenga.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yavuze ko iyo nkoranyamagambo  yakozwe kugira ngo ikureho inzitizi ku bafite ubumuga mu kugira uruhare mu buzima bw’igihugu.

Ati:“Kiriya gitabo twagikoze mu rwego rwo gukuraho inzitizi zibuzaga abantu bafite ubumuga kugira uruhare mu buzima bw’igihugu. Impamvu kiriya gitabo gihari ni uko inyandiko y’amarenga ari uburyo bwo kugira ngo abantu babashe kuvugana, nimuhura n’umuntu udafite ubushobozi bwo kuvuga, nagira icyo akwereka umenye icyo avuze.”

Mu  mwaka wa 2014, Komisiyo y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) n’Urugaga rw’igihugu rw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) batangiye umushinga wo kwandika inkoranyamagambo yuzuye y’ururimi rw’amarenga kuri ubu iri kurangira.

Uyu munsi mpuzamahanga w’antu bafite ubumuga wabanjirijwe n’Icyumweru cyo kuzirikana abafite ubumuga.

Muri icyo gihe hatanzwe inkoni zera z’abafite ubumuga bwo kutabona n’ibikoresho bitandukanye by’abantu bafite ubumuga ariko hanarebwa ahari ibibuga by’imipira ko byubahiriza uburenganzira bw’abafite ubumuga.

 

TAGGED:AmarengafeaturedMinisitiriMusabyimanaUrurimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yiyemeje Kwisubiza Ibice Yari Yarahaye Ingabo Za EAC
Next Article Guinea-Bissau: Haburijwemo Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?