Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwatashye Uruganda Rukora Toni 100,000 Z’Ifumbire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rwatashye Uruganda Rukora Toni 100,000 Z’Ifumbire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2023 7:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’ikigo cyo muri Maroc, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Prof Jean Chyrsostome Ngabitsinze yatashye uruganda rukora ifumbire ingana na toni 100,000 ku mwaka.

Rwubatswe mu gace kahariwe inganda ka Bugesera, bakaba bararwise Rwanda Fertiliser Blending Plant, rugahurirwaho n’ikigo kitwa Rwanda Fertiliser Company (RFC) gifatanyije n’ikindi cyo muri Maroc kitwa OCP Group.

Kubaka uru ruganda biri mu bikorwa by’ingenzi byerekana ubufatanye hagati y’u Rwanda na Maroc kuva aho umwami wayo Mohammed VI  asuye u Rwanda mu mwaka wa 2016 hari mu Ukwakira.

Muri urwo ruzinduko, u Rwanda na Maroc basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zitandukanye zirimo no gufatanya mu by’ubuhinzi binyuze mu kubaka uruganda rukora ifumbire.

Abarwubatse bavuga ko ruzajya rukora toni 100,000 ku mwaka kandi uyu ni umusaruro uhagije kubera ko ubusanzwe u Rwanda rukenera ifumbire ingana na toni 85,000 ku mwaka ikaba yabonekaga biturutse kuyo abacuruzi batumizaga hanze.

Minisiteri y’ubucuruzi ivuga ko ifumbire izava muri ruriya ruganda izacuruzwa no mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

Biteganyijwe ko uru ruganda ruzangira gusohora ifumbire yose ku kigero cyuzuye neza mu mwaka wa 2025.

Abashyitsi batashye uru ruganda
Minisitiri Ngabitsinze
TAGGED:AbaturageBugeserafeaturedIfumbireMarocNgabitsinze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muganga Yahawe Ipeti Rya General W’Inyenyeri Enye
Next Article Nyanza: Abateraga Ikiraka Muri RAB Baguye Mu Kizenga Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?