Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwavuye Mu Muryango Rwari Ruhuriyemo Na DRC Na Angola 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwavuye Mu Muryango Rwari Ruhuriyemo Na DRC Na Angola 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 June 2025 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yanzuye ko ruva mu muryango wa CEEAC nyuma y’aho ibihugu biwugize birimo DRC birwitambitse ntirwemererwe kuwuyobora bigizwemo uruhare na DRC.

Uwo mwanzuro wafashwe nyuma y’inama yabereye i Malabo kuri uyu wa Gatandatu, aho byari biteganyijwe ko ari rwo ruhabwa kuyobora uyu muryango ariko DRC irabyitambika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yasohoye itangazo rigaragaza impungenge ku buryo Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ifatanyije n’ibindi bihugu bimwe na bimwe bigize Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC), yakoresheje nabi uwo muryango ku nyungu zayo bwite.

Iri tangazo rivuga ko byongeye kugaragara no mu Nama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu bya CEEAC yabereye i Malabo, aho uburenganzira bw’u Rwanda bwo kuyobora uyu muryango ku buryo buhererekanywa, nk’uko biteganywa n’ingingo ya gatandatu y’amasezerano shingiro y’uyu muryango, bwirengagijwe ku bushake hagendewe ku byifuzo bya DRC.

Muri ryo hari ahanditse hati: “U Rwanda rwari rwarabigaragaje mu ibaruwa igenewe Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ruyobora icyo gihe, rwamagana ukwirengagizwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko kwakozwe mu nama ya 22 yabereye i Kinshasa mu mwaka wa 2023, ubwo DRC yari iyoboye. Guceceka no kutagira igikorwa byakurikiyeho, bigaragaza ko uyu muryango wananiwe gukurikiza amategeko awugenga”.

Muri iryo tangazo, u Rwanda rwamaganye uburyo uburenganzira bwarwo buteganywa n’amategeko shingiro ya CEEAC bwirengagizwa.

Ruvuga ko kubera izo mpamvu, nta mpamvu n’imwe rubona yo gukomeza kuba muri uyu muryango ugendera ku mikorere inyuranyije n’amahame awugenga n’inshingano.

Muri Gashyantare, 2023, rwahejwe nu nama ya 22 y’uyu muryango yabereye i Kinshasa, biturutse ku mabwiriza ya Perezida Tshisekedi wayoboraga uyu muryango.

Amakuru avuga ko ibibazo bishyamiranyaga impande zombi byakunze kugaragara mu nama za CEEAC, ndetse ku wa 4, Kamena, 2025 hari habaye inama yo ku rwego rwa ba Minisitiri yari igamije kunga u Rwanda na DRC.

Itangazo ry’u Rwanda riruvana muri uyu muryango.

Icyakora iki gihugu cyatsimbaraye ku mugambi wo kwitambika iby’uko u Rwanda rwahabwa ubuyobozi bwawo, bituma u Rwanda ruvuga ko nibikomeza gutyo ruzava muri CEEAC none rwabikoze.

Uyu muryango ugizwe na Angola, Congo, DRC, Cameroun, Gabon, Tchad, Guinée équatoriale, Centrafrique, u Rwanda, u Burundi na São Tomé-et-Príncipe.

TAGGED:CongoDRCfeaturedKuyoboraRwandaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashoramari Bo Muri Israel Barashaka Kurushaho Gushora Mu Rwanda
Next Article Colombia: Uwashakaga Kuba Perezida Yarashwe Mu Mutwe 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?