Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwijeje EAC Gutanga Umusanzu Warwo Ku Mibereho Yabayituye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwijeje EAC Gutanga Umusanzu Warwo Ku Mibereho Yabayituye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2023 6:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye abayobozi b’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, ko u Rwanda rwiyemeje kuzakomeza gutanga umusanzu warwo mu mibereho myiza y’ababituye.

Hari mu nama y’Abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango bahuriye Arusha muri Tanzania aho yari ahagarariye Perezida Paul Kagame uyobora u Rwanda.

Yababwiye ko u Rwanda rushaka ko abatuye aka Karere babaho batekanye kandi baguwe neza.

Hari mu nama ya 23 isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu yateraniye muri Tanzania mu Mujyi wa Arusha.

Mu ijambo rya Minisitiri w’Intebe muri Guverinoma y’u Rwanda yabanje gushimira Umukuru wa Tanzania Nyakubahwa Samia Suluhu Hassan wakiriye Abakuru b’ibihugu bigize EAC.

Yaboneyeho no gushimira Evaritse Ndayishimiye uyobora u Burundi akaba ari we wari umaze igihe ayobora EAC.

Yanahaye ikaze Somalia yakiriwe muri uyu muryango kandi avuga ko u Rwanda n’uyu muryango bahaye ikaze Perezida wa Sudani y’Epfo Salva Kirr usimbuye Evariste Ndayishimiye mu kuyobora EAC.

Ati: “ Ndashimira umuyobozi wushe ikivi Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye Perezida w’Uburundi ku bwitange bwe mu kuyobora uyu muryango. Ndashaka nanone gushimira umuyobozi mushya Salva Kirr Perezida wa Sudani y’Epfo. Ndashaka gukoresha uyu mwanya mpa ikaze umunyamuryango mushya ari we Repubulika yunze ubumwe ya Somalia.”

Yavuze ko u Rwanda rwiyemeje gukorana neza n’ibindi bihugu bigize uyu muryango, avuga ko Leta y’u Rwanda yiyemeje gukomeza gukorana n’ubuyobozi bushya bw’uyu muryango.

Hagati aho kandi Abakuru b’ibihugu byo muri aka Karere bemeje ko ingabo za EAC zitazava muri DRC kuko zaba zitereranye abayituye ahubwo ngo zizakorana neza n’iza SADC ziri hafi kuzahazanwa.

Somalia ibaye umunyamuryango wa munani wa EAC.

TAGGED:EACfeaturedNgirenteRwandaSomalia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Isaba Abantu Kuyimenyesha Hakiri Kare Aho Umutungo Wa Leta Urigitira
Next Article Israel Na Palestine Ibyishimo Ni Byose, Ariko Se Biramara Kabiri?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?