Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwiyemeje Kongera Ireme Ry’Ubuvuzi- Minisitiri W’Ubuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwiyemeje Kongera Ireme Ry’Ubuvuzi- Minisitiri W’Ubuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2024 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sabin Nsanzimana uyobora Minisiteri y’ubuzima yabwiye abaje mu mu muhango wo guha impamyabumenyi abarangije muri Kaminuza yigisha ubuvuzi n’ubuzima bidaheza ko u Rwanda rukomeje intego yo kongera ireme ry’ubuvuzi.

Abarangije muri iyi Kaminuza kuri iyi nshuro ni abantu 54 baturutse mu bihugu 16 byo ku migabane itandukanye.

Barangije amasomo y’icyiciro cya Master’s bari bamaze umwaka biga muri Kaminuza yitwa University of Global Health Equity (UGHE) ikorera mu Karere ka Burera.

Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko  mu barangije muri iyi  kaminuza umwaka ushize icumi bari gukora muri Minisiteri y’ubuzima kandi ko batanga umusaruro ushimishije.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yashimye ko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr. Yvan Butera na we yarangije muri iyi Kaminuza, ibyo bikagaragaza ko itanga uburezi bufite ireme ryifuzwa mu Rwanda.

Ni Kaminuza iherutse kuza muri kaminuza umunani za mbere zo mu bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara zitanga uburezi bufite ireme.

Minisitiri w’ubuzima avuga ko u Rwanda rwihaye intego yo kuzamura umubare w’abaganga bwikube kane mu myaka ine.

Ati: “Ntitugamije kongera umubare gusa, ahubwo twiyemeje no kongera ireme ry’uburezi n’ubuvuzi dutanga. Kaminuza ya UGHE turyishimira ko yatangiye kubigiramo uruhare, turayizeza ko turi kumwe mu kugera kuri iyo ntego”.

Yabwiye abarangije kuyigamo ko bafite ibikenewe byose ngo bakore akazi neza kuko u Rwanda rufite ikoranabuhanga bityo bakaba bagomba gukora uko bashoboye ibyo byose bikagirira akamaro abazabagana.

- Advertisement -

Bamwe muri abo banyeshuri babwiye itangazamakuru ko bishimiye uko bigishijwe kandi ko bazashyira mu bikorwa ibyo bize mu nyungu zabo, iz’abaturage n’iz’igihugu muri rusange.

Umuyobozi wa Kaminuza ya Global Health Equity, Prof. Philip Cotton avuga ko  ifite intego yo kubaka Isi aho buri wese ndetse n’ufite ubushobozi buciriritse avurwa mu buryo buteye imbere, aho yaba ari hose.

Yavuze ko afitiye icyizere abarangije amasomo yabobazagira uruhare mu kugera kuri iyo ntego.

Abo banyeshuri barangije amasomo barimo abagore 32 n’abagabo 22.

Abarangije muri iyi Kaminuza ni abantu 54

Barimo abize uburinganire n’ubuzima bw’imyororokere (Gender, Sexual & Reproductive Health), gukurikirana ibijyanye n’ubuzima (Health Management), ubuzima bukomatanyije (One Health) n’abiga mu ishami rishya ry’ubuvuzi no kubaga abarwayi(Global Surgery).

Abo banyeshuri bagize icyiciro cya cyenda kirangije muri Master of Science in Global Health Delivery (MGHD) baturuka muri Burkina Faso, Ethiopia, Ghana, Jamaica, Kenya, Liberia, Malawi, Nepal, Nigeria, u Rwanda, Sierra Leone, Somalia, Sudani y’Epfo, Uganda, USA, na Zambia.

Ubuvuzi bukunze kuvugwamo umubare udahagije w’abaganga n’ubushobozi budahagije, bigatuma hari abinubira izo serivisi.

Mu kwinuba hari abahitamo kujya kwivuriza hanze y’u Rwanda bikabahenda.

U Rwanda ruri gukora uko rushoboye kugira ngo ubuvuzi bukore neza mu nyungu z’abarutuye n’abarugenda.

Aba banyeshuri bitezweho kuzazamura ireme ry’uburezi
Baturutse mu bihugu 16
TAGGED:AbanyeshurifeaturedKaminuzaNsanzimanaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Muri Kigali Economic Zone Haravugwa Inkongi
Next Article DRC: M23 Irarwana Ishaka Gufata Undi Mujyi Uturanye Na Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?