Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububiligi Bwagereye u Rwanda Mu Kebo Rwabugereyemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwagereye u Rwanda Mu Kebo Rwabugereyemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Maxime Prévot ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bubiligi
SHARE

Nyuma y’igihe gito u Rwanda ruhaye abadipolomate b’Ububiligi amasaha 48 ngo babe baruviriye ku butaka, nabwo bwavuze ko bugiye kwirukana abadipolomate barwo.

Maxime Prévot ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bubiligi akaba na Minisitiri w’Intebe wungirije yatangaje ko icyemezo u Rwanda rwafashe kibabaje, kandi kidakwiye bityo ko Ububiligi nabwo budashaka abadipolomate b’u Rwanda k’ubutaka bwabwo.

Yanditse kuri X ati: “ Biragaragara ko iyo hari ibyo tutumvikanye n’u Rwanda, ruhita rwanzura guhagarika umubano aho kugira ngo habeho ibiganiro”.

Belgium regrets the decision of Rwanda to cut off diplomatic relations with Belgium and to declare Belgium’s diplomats persona non grata.

This is disproportionate and shows that when we disagree with Rwanda they prefer not to engage in dialogue.

Belgium will take similar…

— Maxime PREVOT (@prevotmaxime) March 17, 2025

Ubwo rwirukanaga abadipolomate b’Ububiligi, u Rwanda rwatangaje ko Ububiligi bugaragaza gusuzugura Abanyarwanda no kwivanga mu nyungu zarwo.

Nyuma yo kubona ko ari uko u Rwanda rubyanzuye, Ububiligi bwashyize igitutu ku bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ngo bifatire u Rwanda ibihano bireba bamwe mu bantu bakomeye mu ngabo z’u Rwanda n’ahandi.

Abanyaburayi bashinja u Rwanda gutera inkunga mu buryo butaziguye umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’ubutegetsi bwa DRC.

U Rwanda rurabihakana, rukavuga ahubwo ko Ububiligi bwagize kandi bugifite uruhare mu bibazo by’u Rwanda haba mu kuruteza ibibazo imbere mu gihugu no mu ruhando mpuzamahanga ngo rufatirwe ibihano.

Indi wasoma:

U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi

TAGGED:featuredInkungaM23RwandaUbubiligiUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwasezereye Abadipolomate Bose B’Ububiligi
Next Article Ubuyapani Na UNICEF Mu Gufasha u Rwanda Guhangana N’Ibiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?