Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububiligi Bwanze Amb Karega Kubera DRC-Makolo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwanze Amb Karega Kubera DRC-Makolo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko kuba Ubwami bw’Ububiligi bwanze uwo u Rwanda rwagennye ngo aruhagararire bwabitewe n’icyo yise igitutu cya DRC kandi ngo birababaje.

Yunzemo ko iki ari ikintu gishyira isura mbi ku mubano w’ibihugu byombi.

U Rwanda rwari rumaze igihe rumenyesheje Ububiligi ko Amb Karega ari we rwagennye ngo aruhagararire i Brussels.

Icyakora mu minsi mike ishize, hari amakuru yandikirwaga mu Bubiligi yavugaga ko butemeye ubusabe bw’u Rwanda.

Ntacyo rwahise rubivugaho kugeza ubwo Umuvugizi wa Guverinoma yarwo Madamu Yolanda Makolo atangarije ko icyemezo cya Guverinoma y’Ububiligi cyo kwanga Vincent Karega  ‘kibabaje kandi bidatanga isura nziza ku hazaza h’ umubano w’ibihugu byombi.’

Mbere y’uko Karega agirwa Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi yari amaze igihe gito avuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yari yanze ko akomeza kuruhagararira yo.

Amb Vincent Karega

Mu Bubiligi yari ahasimbuye Dieudonné Sebashongore wahagarariye yo u Rwanda kuva mu mwaka wa 2020.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda,Yolande Makolo yabwiye The New Times ko kuba Ububiligi bwanze ko Vincent Karega  ahagararira inyungu z’u Rwanda muri iki gihugu ahanini byatewe no ‘kugendera ku gitutu cya Leta ya Congo,’ igihugu kimaze igihe umubano wacyo n’u Rwanda utifashe neza.

Ati: “Birababaje ko Guverinoma y’Ububiligi isa nkaho yagendeye  ku  gitutu cya Guverinoma ya DRC ndetse na poropaganda ituruka mu mashyirahamwe atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu. Binyuze kuri bo bahisemo gufata iki cyemezo.”

Yongeyeho ko u Rwanda ruzatanga igisubizo kidaca ku ruhande kuri iki kibazo mu gihe kiri imbere.

Kugeza ubu u Bubiligi bwo ntiburagira icyo buvuga kuri iki kibazo.

Kuba mu minsi ishize umwami w’Ababiligi yarasuye DRC agamije kongera kuzura umubano hagati ya Kinshasa na Brussels, ‘bishobora’ kuba impamvu yatumye bwemera ko Amb Vincent Karega adahagararira u Rwanda  kubera ko DRC isanzwe itabanye neza n’u Rwanda.

Icyakora Ububiligi bwo ntacyo buratangaza ku mpamvu nyazo zabuteye kwanga Karega.

TAGGED:AmbasaderiDRCfeaturedKaregaRwandaUbubiligiUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa Bwiyemeje Kongera Umubano Na FPR-Inkotanyi
Next Article Yibiye Imodoka Nyabugogo Afatirwa Rubavu Yayikuyemo Moteri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?