Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubucuruzi Bw’Ingurube Bwahagaritswe Muri Rusizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubucuruzi Bw’Ingurube Bwahagaritswe Muri Rusizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2024 9:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishizwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, (RAB), cyahagaritse ingendo n’ubucuruzi bw’ingurube mu Karere ka Rusizi kubera  indwara ya muryamo mu ngurube yagaragaye  muri iki gice cy’u Rwanda.

Kubera guhunda yo guteza imbere ubworozi, aborozi mu Rwanda bakomeje kuyoboka ubworozi muri rusange n’ubw’ingurube by’umwihariko.

Ubu bworozi bwatumye abaturage bakangukira gucuruza ndetse n’inyama z’ingurube zizwi nk’akabenzi.

Ako kabenzi karakunzwe cyane haba mu Rwanda no hakurya yarwo muri Bukavu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse n’ahandi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, RAB, cyatangaje ko mu bizamini byafashwe mu ngurube muri aka Karere byagaragaje zifite muryamo.

Muryamo ni indwara iterwa na virusi ya African Swine Fever, ikaba ifata ingurube zororwa  n’izo mu gasozi.

Irangwa n’umuriro mwinshi uri hejuru ya dogere celcius 40, kunanirwa kurya, kunanirwa kugenda, gutitira, gutukura ku bice by’umutwe, ku nda no ku maboko n’amaguru uhereye ku bice by’imyanya myibarukiro.

Muri iki gihe RAB ivuga ko yafashe uriya mwanzuro kugira ngo irengere andi matungo, ibuze ko ubu burwayi bukomeza kugera n’ahandi.

Inzego z’ibanze n’Abanyarwanda muri rusange bamenyeshejwe ko indwara ya muryamo y’ingurube ari indwara y’icyorezo kandi nta muti nta n’urukingo igira.

Iryo tangazo rigira riti: “Aborozi, abaveterineri, n’izindi nzego bireba barasabwa gukaza isuku n’ubwirinzi mu bworozi bw’ingurube bashyiraho aho gukarabira ibirenge n’intoki mbere na nyuma yo kwinjira mu kiraro”.

Aborozi b’ingurube bisabwe kureka kuzizerereza ku gasozi, babuzwa kuzigaburira umwanda w’ibisigazwa by’ibiribwa byatetswe bivuye mu gikoni, banakangurirwa kuzigumisha mu biraro.

RAB ivuga ko ingendo n’icuruzwa ry’ingurube mu masoko bihagaritswe mu Karere ka Rusizi kugeza igihe izatangariza ko iyo ndwara itakihagaragara.

Aborozi b’ingurube  basabwe no kwihutira kumenyesha umuvuzi w’amatungo ubegereye ku rwego rw’Umurenge mu gihe babonye bimwe mu bimenyetso byavuzwe biranga ingurube yarwaye indwara ya muryamo, mu ngurube boroye.

Bashishikarijwe kuzishyira mu bwishingizi kuko Leta yabashyiriyemo ‘nkunganire’.

RAB yaburiye abaturarwanda kwirinda kubaga ingurube irwaye cyangwa yapfuye izize uburwayi ubwo ari bwo bwose.

Ikigo cy’Igihugu gishizwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kivuga ko uzafatwa akora ibinyuranyije n’ibikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze, azahanwa hakurikijwe amategeko.

Itangazo rya RAB

 

TAGGED:featuredIngurubeLetaRABRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Na Polisi Muri Mozambique Mu Iterambere Ry’Abahatuye
Next Article U Rwanda Na Poland Mu Guteza Imbere Science
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?