Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufatanye Bw’Abahinzi Ba Koreya N’Ab’Akarere Ka Kamonyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubufatanye Bw’Abahinzi Ba Koreya N’Ab’Akarere Ka Kamonyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2021 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impuguke mu buhinzi zo muri Koreya y’Epfo zahuguye abahinzi bo mu Karere ka Kamonyi kugira ngo zibongerere ubuhanga mu buhinzi bukoresha ubutaka buto ariko hakaboneka umusaruro mwinshi.

Gahunda yo guhugura abahinzi ba Kamonyi yateguwe n’Ikigega cy’abanya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (KOICA), kibinyujije mu ihuriro ry’abahinzi bo muri kiriya gihugu ryitwa Saemaul Global Foundation (SGF) of Korea.

Abahinzi bo ku Kamonyi babwiwe na bagenzi babo bo muri Koreya y’Epfo uko bahinga kijyambere, bagakoresha ubutaka buto n’amazi aboneka aho batuye kandi byose bigatanga umusaruro ufatika.

Abahinzi 80 bo muri Kamonyi nibo bari batumiwe ngo bongererwe ubumenyi.

Ihuriro ry’abahinzi bo muri Koreya rikorera mu Rwanda binyuze mu bufatanye na KOICA.

Mu mwaka wa 2010 kugeza mu mwaka wa 2016 abakozi bo muri KOICA bakoranye n’urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu Rwanda hagamijwe kuryongerera ubumenyi mu ngeri nyinshi.

Hari muri gahunda yiswe ‘Global Saemaul Young Specialist.’

Ku byerekeye guhugura abatuye Kamonyi no kongerera Abanyarwanda ubushobozi mubyo bakora, umuyobozi wa KOICA mu Rwanda witwa Chon Gyong Shik,  avuga ko intego ya Leta ya Koreya y’epfo ari ugufasha u Rwanda mu nzira rwahisemo yo kwiteza imbere mu buryo burambye.

Yagize ati: “Gusangira ubumenyi buri gihe biba ari uburyo bwiza bwo guha abahinzi bo mu Rwanda ubumenyi bacyeneye kugira ngo bahinge neza ariko bazabusangize na bagenzi babo.”

Avuga ko bikorwa no mu rwego rwo gukomeza ubufatanye busanzwe hagati ya Leta zombi.

Koreya ifatanya n’u Rwanda muri byinshi

Ubu bufatanye bugaragarira no mu zindi nzego zirimo guteza imbere uburezi, ikoranabuhanga no kubakira ubushobozi abakozi ba Leta.

Guhera mu mwaka wa 2011, abakozi ba Leta bamaze guhabwa ubumenyi hagamijwe kubongerera ubushobozi ni 740.

Guhugura abahinzi bo muri Kamonyi byatangiye tariki 10, birangira tariki 11, Ugushyingo, 2021.

TAGGED:AbahinzifeaturedKamonyiKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Iterambere Rya Togo Hari Icyo Yavanye Mu Rwanda
Next Article Ibya MINUSCA Bigiye Gusubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?