Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufatanye Bw’Abahinzi Ba Koreya N’Ab’Akarere Ka Kamonyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubufatanye Bw’Abahinzi Ba Koreya N’Ab’Akarere Ka Kamonyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2021 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impuguke mu buhinzi zo muri Koreya y’Epfo zahuguye abahinzi bo mu Karere ka Kamonyi kugira ngo zibongerere ubuhanga mu buhinzi bukoresha ubutaka buto ariko hakaboneka umusaruro mwinshi.

Gahunda yo guhugura abahinzi ba Kamonyi yateguwe n’Ikigega cy’abanya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (KOICA), kibinyujije mu ihuriro ry’abahinzi bo muri kiriya gihugu ryitwa Saemaul Global Foundation (SGF) of Korea.

Abahinzi bo ku Kamonyi babwiwe na bagenzi babo bo muri Koreya y’Epfo uko bahinga kijyambere, bagakoresha ubutaka buto n’amazi aboneka aho batuye kandi byose bigatanga umusaruro ufatika.

Abahinzi 80 bo muri Kamonyi nibo bari batumiwe ngo bongererwe ubumenyi.

Ihuriro ry’abahinzi bo muri Koreya rikorera mu Rwanda binyuze mu bufatanye na KOICA.

Mu mwaka wa 2010 kugeza mu mwaka wa 2016 abakozi bo muri KOICA bakoranye n’urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu Rwanda hagamijwe kuryongerera ubumenyi mu ngeri nyinshi.

Hari muri gahunda yiswe ‘Global Saemaul Young Specialist.’

Ku byerekeye guhugura abatuye Kamonyi no kongerera Abanyarwanda ubushobozi mubyo bakora, umuyobozi wa KOICA mu Rwanda witwa Chon Gyong Shik,  avuga ko intego ya Leta ya Koreya y’epfo ari ugufasha u Rwanda mu nzira rwahisemo yo kwiteza imbere mu buryo burambye.

Yagize ati: “Gusangira ubumenyi buri gihe biba ari uburyo bwiza bwo guha abahinzi bo mu Rwanda ubumenyi bacyeneye kugira ngo bahinge neza ariko bazabusangize na bagenzi babo.”

Avuga ko bikorwa no mu rwego rwo gukomeza ubufatanye busanzwe hagati ya Leta zombi.

Koreya ifatanya n’u Rwanda muri byinshi

Ubu bufatanye bugaragarira no mu zindi nzego zirimo guteza imbere uburezi, ikoranabuhanga no kubakira ubushobozi abakozi ba Leta.

Guhera mu mwaka wa 2011, abakozi ba Leta bamaze guhabwa ubumenyi hagamijwe kubongerera ubushobozi ni 740.

Guhugura abahinzi bo muri Kamonyi byatangiye tariki 10, birangira tariki 11, Ugushyingo, 2021.

TAGGED:AbahinzifeaturedKamonyiKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Iterambere Rya Togo Hari Icyo Yavanye Mu Rwanda
Next Article Ibya MINUSCA Bigiye Gusubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?