Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 3:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, wahembye abanyeshuri batsinze amarushanwa yo gukora ibihangano ku buzima bwo mu mutwe. Umukozi Ushinzwe Ubuzima bwo mu Mutwe muri GAERG, Uwase Nelly Queen avuga ko bakora ibi mu rwego rwo guhagarika ihererekanywa ry’ibikomere.

Ayo marushanwa yabaye binyuze mu mushinga ’Baho Neza’ ukorere mu Turere twa Bugesera na Gasabo ugamije gukurikirana abantu bafite ibibazo byo mu mutwe.

Abitabiriye ayo mahugurwa ni abanyeshuri bo mu mashuri umunani.

Mu guhiganwa, abanyeshuri bahawe insanganyamatsiko ivuga ku buzima bwo mu mutwe, bakabikora batanga ubutumwa binyuze mu mivugo, inkuru zanditse, izishushanyije, imbyino n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyu wa Gatatu nibwo harangijwe ayo marushanwa, abanyeshuri bahize abandi mu gukora ibihangano bitanga ubutumwa ku buzima bwo mu mutwe, bahabwa ibihembo birimo ibikoresho by’ishuri birimo amakaye, amakaramu n’ibindi.

Umukozi ushinzwe ubuzima bwo mu Mutwe muri GAERG, Uwase Nelly Queen, yavuze ko bategura aya marushanwa kugira ngo abakiri bato babashe gusobanukirwa byimbitse n’ubuzima bwo mu mutwe n’ibibwangiza.

Nelly Uwase Queen avuga ko muri GAERG baharanira ko abantu bagira ubuzima bwiza bwo mu mutwe.

Avuga ko bagombaga kubikora bashingiye kubyo bazi mu mateka y’Abanyarwanda kuko hari byinshi byabashegeshe.

Ati: “Na none ntabwo uba ugomba kwirengagiza abakiri bato nabo bakeneye kumva ubu butumwa kuko tuba dusa n’abahagarika ihererekanywa ry’ibikomere. Dufite umubare munini w’abakuze babifite, rero turashaka uburyo twarica tugera mu bana bato tukabibarinda.”

- Advertisement -

Avuga ko binyuze mu bihangano abakiri bato bakora, bituma basobanukirwa byinshi mu mateka y’Abanyarwanda bakamenya uko babungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe n’igihe bwangiritse bakamenya uko bakira ibyo ibikomere.

Ubuyobozi bwa GAERG buvuga ko ariya marushanwa aba buri mwaka mu mashuri atandukanye ndetse hanashyizweho amatsinda ya ’Baho Neza’ akora mu kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe.

Bakinnye berekana ko inzoga zituma abantu batakaza ubwenge
TAGGED:featuredGAERGGuhungabanaJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Riderman Ati: Wakwanga Ute Bruce Melodie?
Next Article Hari Indi COVID ‘Ishobora’ Gukwira Isi Mu Gihe Kiri Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?