Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuhinde: Abaturage Bagiye Gutora Mu Bushyuhe Burenga 40C
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubuhinde: Abaturage Bagiye Gutora Mu Bushyuhe Burenga 40C

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2024 11:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu gace ka Gujarat mu Buhinde bazindukiye mu matora y’Umukuru w’igihugu ariko mu bushyuhe bugera kuri 40C.

Si muri Gujarat gusa ahubwo n’ahandi bazindutse mu cyakare ngo batore izuba ritarakamba.

Ubuhinde nibwo gihugu cya mbere gituwe n’abaturage benshi kurusha ibindi ku isi.

Mbere Ubushinwa nibwo bwari igihugu cya mbere gituwe n’abaturage benshi.

Amatora mu Buhinde aba nyuma ya buri myaka y’imyaka itanu hagati ya Mata na Gicurasi.

Kuri iyi nshuro abaturage bari gutorera mu kirere kimeze nabi cyane kubera ubushyuhe bukabije.

Ubu bushyuhe buherutse no gutuma Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu agwa kubera isereri.

Icyo gihe yari yagiye kwamamaza umukandida ashyigikiye mu Ntara ya Maharashtra.

Mu mujyi wa Kolkata ho hari ubushyuhe bugera kuri 43C.

Mu Buhinde ndetse hari umukozi wa Televiziyo uherutse gupfa azize kubura amazi mu maraso.

Byaje gutangazwa ko byatewe ni uko mu cyumba yakoreragamo akazi icyuma cyahatangaga umwuka ukonje cyari cyapfuye.

Mu ntangiriro za Gicurasi, 2024 ikigo gishinzwe iteganyagihe cyo mu Buhinde cyabanje kuburira abaturage ko ikirere cy’igihugu cyabo kizashyuha cyane.

Mu Murwa mukuru New Delhi ho hari ubushyuhe bwa 49C.

Umwe mu baturage bahoze bayobora Komisiyo y’amatora mu Buhinde witwa N Gopalaswami aherutse kuvuga kubwira India Today ko ubushyuhe bukabije aribwo bwatumye ubwitabire bw’abatoye buba buke.

Ubuhinde bufite ubuso bwa kilometero kare 3,287,263, bukaba butuwe n’abantu 1,428,627,663 nk’uko ibarura ryo mu mwaka wa 2023 ribivuga.

TAGGED:AmatoraBuhindefeaturedUbushyuhe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatuye Ku Muhima Bavuga Ko Hari Umukire Wabafungiye Inzira
Next Article Kagame Yasabye Urubyiruko Kudapfusha Ubusa Ubuto Bwaryo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?