Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukene Buri Gutuma Abakinnyi Ba Kiyovu Basohorwa Mu Nzu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ubukene Buri Gutuma Abakinnyi Ba Kiyovu Basohorwa Mu Nzu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2023 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugereki witwa Petros Koukouras utoza Ikipe ya Kiyovu ashima abakinnyi be ko bihangana bagakina n’ubwo ubukene bubamereye nabi ku buryo hari bamwe basohorwa mu nzu kubera kubura ubwishyu.

Ibibazo byugarije Kiyovu ni byinshi kandi byose bishingiye ku kudamberwa ku gihe, kudahabwa uduhimbazamusyi, byose bishingiye ku miyoborere mibi y’iki kipe isanzwe iri mu makipe makuru mu Rwanda.

Umutoza Koukouras yabwiye itangamakuru nyuma y’umukino waraye uhuje ikipe ye n’iya Marines FC ndetse ikabyitwaramo neza kuko yatsinze ibitego 2-1.

Hari mu mukino w’umunsi wa karindwi wa Shampiyona waraye ukiniwe kuri Kigali Pelé Stadium.

Nyuma yawe umutoza wa Kiyovu yabajiwe niba yishimiye intsinzi yavuye uri uyu mukino, asubiza  ko atakwishima ‘bitewe n’ibibazo byugarije ikipe ye’.

Yagize ati “Ntabwo nishimye kubera uko tubayeho mu ikipe, tubayeho mu buzima bugoye, abakinnyi banjye babaye intwari uyu munsi kubera ko turi guhura n’ibintu ntigeze mpura na byo mu buzima bwanjye.”

N’ubwo ari uko bimeze ariko, ashima ubutwari bw’abakinnyi be kuko bihangana bakaza gukina n’ubwo babayeho nabi.

Yunzemo ati: “ Ndashimira byimazeyo abakinnyi bihangana bakitanga mu kibuga ndetse bakabasha kubonera ikipe amanota arimo n’atatu batahanye kuri Marines FC. Kugira ngo baze bakine bitware gutya ni igitangaza. Nabashimira cyane.”

Umutoza wa Kiyovu

Avuga ko ibyo abakinnyi be bari guhura nabyo bigoye cyane kubera ko hari bamwe muri bo badafite aho barara kubera ko birukanywe mu nzu kubera kubura ubukode.

Umutoza wa Kiyovu avuga ko ibibazo abakinnyi be bafite ari byinshi k’uburyo aramutse abirondoye byafata abanyamakuru igihe kirekire.

Ndetse ngo hari ubwo bajya kwitoza bagasanga abandi babatanze ibibuga kuko baba barabyishyuye mbere.

Kuri we, ibintu birakomeye k’uburyo asanga bizakorana ko abantu bakomeza kubyihanganir.

Harabura iminsi mike ngo abakinnyi ba Kiyovu bamare amezi abiri badahembwa.

Nyuma y’iyi ntsinzi, ubuyobozi bw’ikipe bwatanze agahimbazamusyi kuri uyu mukino mu gihe hagitegerejwe ako ku mukino wa Gorilla FC Urucaca rwatsinze ku gitego 1-0 tariki 2 Ukwakira 2023.

Mvukiyehe Juvénal uyoboye Kiyovu Sports Limited yahagaritswe by’agateganyo n’Inama ya Komite Nyobozi ya Kiyovu.

Ashinjwa  amakosa yatumye iyi kipe igwa mu gihombo ndetse n’imyenda iremereye. Kuva icyo gihe ikipe yasigaranywe na Ndorimana Jean François Régis ’Général’ usanzwe ayobora Umuryango Kiyovu Sports.

Nyuma yo gutsinda Marine FC ibitego 2-1, Kiyovu Sports iri ku mwanya wa kane ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota 12, izakurikizaho kwakirwa na Polie FC tariki 20 Ukwakira.

TAGGED:featuredKiyovuUbukene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’u Rwanda Mu Bushinwa Amaze Kuba Icyamamare
Next Article Impungenge Z’Ikirere Kibi Zabujije Israel Gutera Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?