Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bushingiye Ku Ifaranga Bwarazamutse N’Ubwo Butabuze Imbogamizi- Guverineri Rwangombwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubukungu Bushingiye Ku Ifaranga Bwarazamutse N’Ubwo Butabuze Imbogamizi- Guverineri Rwangombwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2022 4:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda Bwana John Rwangombwa avuga ko mu rwego rwo kugabanya  itakara ry’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda, hirindwa ko kakomeza gutakara, Banki nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura urwunguko Banki z’ubucuruzi zaka abaziguza. Icyakora ngo ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza n’ubwo hari ibibazo biterwa n’uko ubukungu bw’isi buhagaze muri rusange.

Urwunguko rwazamuwe ruva kuri 5% rugera kuri 6% kugira ngo habeho uburyo bwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isi.

Avuga ko muri uyu mwaka ibiciro bizakomeza kuzamuka, ndetse ngo impuzandengo ni uko bizagera hagati mu mwaka wa 2023.

Ibibazo biri ku isi bituma ifaranga ry’u Rwanda rihura n’ibibazo harimo ibireba kuzamuka kw’ibiciro by’ibikomoka kuri Petelori ariko ngo Guverinoma y’u Rwanda hari amafaranga ishyiramo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ingamba Banki nkuru y’u Rwanda iri gufata ngo zizatuma ibintu biba byiza hagati mu mwaka wa 2023.

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya nayo ngo ni nyarabayazana w’ibibazo u Rwanda rufite mu bukungu bwarwo.

Mu gihe Ukraine n’u Burusiya bikomeje kurwana, hari n’indi ntambara itutumba hagati y’u Bushinwa na Taiwan.

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda avuga kandi ko n’ubwo u Rwanda rufite imyenda rwizeye ko ruzayishyura mu gihe rwumvikanye n’abaterankunga.

Ati: “ N’ubwo dufite icyo kibazo cy’ubukungu buhura n’izamuka ry’ibiciro kandi tukaba hari abo dufitiye imyenda, ariko ni imyenda izishyurwa mu gihe kirekire kandi ku nyungu nto. Ntabwo ari umwenda igihugu kitabura kwishyura kandi ubukungu bwacu bukomeje kuzamuka.”

- Advertisement -

Banki nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko hari bimwe mu bituma ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza burimo n’ubwizigame abaturage bakora, atanga urugero rwa Ejo Heza.

Ikindi ni uko ngo imibare yerekana ko ubukungu bw’u Rwanda bushingiye ku ifaranga bwazamutseho 17% ni ukuvuga ko muri Kamena 2021, imibare yari Miliyari 6,914 arazamuka aba Miliyari 8,102 muri Kamena, 2022.

Urwego rw’amabanki rwazamuye urwunguko rugera 18,8% ni ukuvuga ko yavuye kuri Miliyari Frw 4,624 mu mwaka wa 2021 bigera kuri Miliyari Frw 5,492 muri Kamena, 2022.

Ibi ngo byatewe n’uko abantu bitabiriye kubitsa kuko byageze kuri 19%, n’aho imari shingiro rya banki rizagera kuri 15%.

Ibigo bito by’imari nabyo byazamuye amafaranga byinjije agera ku kigero cya 23% ni ukuvuga ko wageze kuri Miliyari Frw 473 muri Kamena, 2021 uvuye kuri Miliyari FRW 386 mu kwezi  nk’uku mu mwaka wa 2021.

Cyari ikiganiro kitabiriwe n’abanyamakuru ngo bumve uko politiki y’ifaranga imeze

Muri rusange ngo urwego rw’imari mu Rwanda ruhagaze neza kandi mu ngeri zose zigize uru rwego.

TAGGED:AmafarangaAmasokoBankifeaturedIbiciroImariRwangombwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanya Uganda Bafashwe Bavuye Gutora Perezida Wa Kenya
Next Article Hari Abatuye Ngororero Basaba Kuvanwa Mu Cyiciro Cy’Abatishoboye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?