Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bw’u Rwanda Burazamuka, Ibyo Umunyarwanda Arya Bikagabanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Burazamuka, Ibyo Umunyarwanda Arya Bikagabanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2023 7:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho bitumvikana ukuntu Minisiteri y’imari n’igenamigambi ifatanyije n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare batangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse muri rusange ndetse n’ubuhinzi bukazamuka ariko ibihingwa ngandurarugo byo bikabanuka!

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yabwiye itangazamakuru ko imibare yerekana ko muri rusange umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu mwaka wa 2022 wazamutse ku kigero cya 8.2%.

Ni ibyemezwa kandi na Youssuf Murangwa uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare.

Yavuze ko ubuhinzi bw’u Rwanda muri rusange bwazamutse ho 2%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo ari uko bimeze, ibihingwa ngandurarugo byo byagabanutseho 1%.

Mu yandi magambo, ubuhinzi bwazamuwe cyane n’uko ibihingwa ngengabukungu byo byazamutse kuri 4%.

Taarifa yabajije Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana icyo bivuze ku muturage ubona ko ibiribwa byabuze ku isoko kuko n’ibiciro byabyo byazamutse.

Dr. Ndagijimana avuga ko imibare iba yabazwe mu rwego rw’ubuhinzi iba yakomatanyije ubuhinzi bwose ni ukuvuga iby’ibihingwa ngangurarugo n’ibihingwa ngengabukungu, bakareba umusaruro w’amashyamba, amafaranga ibihingwa byoherejwe hanze byinjije n’ibindi.

Avuga ko iyo ibihingwa ngengabukungu bikunzwe ku isoko mpuzamahanga bibyongerera umusaruro bigatuma bitumizwa ari byinshi ku isoko.

- Advertisement -

Ku rundi ruhande, Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko u Rwanda rufite gahunda y’igihe kirekire yo kubaka ubuhinzi bw’ibihingwa ngangurarugo byihanganira imihindagurikire y’ikirere.

Ati: “ Turi gushaka uburyo bwiza bwo kubaka ubuhinzi budahora buteze amazi ku mvura ahubwo tukuhira. Ni ibintu bisaba igihe n’amafaranga ariko niyo gahunda ya Leta y’u Rwanda mu gihe kirambye.”

Yussuf Murangwa uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare yatangaje ko mu mwaka wa 2022 ubuhinzi bwazamutseho 2%, urwego rw’inganda ruzamuka ku kigero cya 5%, urwego rwa serivisi ruzamuka ku kigero cya 12%.

Uru nirwo rwego ruhora ruza ku mwanya wa mbere mu mizamukire y’ubukungu bw’u Rwanda.

Muri rusange umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu mwaka wa 2022 wazamutse ku kigero cya 8.2%.

Imibare ivuga ko mu mwaka wa 2021 umusaruro mbumbe wazamutse ku kigero cya 10,9%.

Uko imibare ihagaze
TAGGED:featuredMinisitiriNdagijimanaRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Ya FERWACY N’Ishyirahamwe Ry’Umukino W’Igare Ku Isi…
Next Article Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?