Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bw’u Rwanda Burazamuka, Ibyo Umunyarwanda Arya Bikagabanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Burazamuka, Ibyo Umunyarwanda Arya Bikagabanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2023 7:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho bitumvikana ukuntu Minisiteri y’imari n’igenamigambi ifatanyije n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare batangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse muri rusange ndetse n’ubuhinzi bukazamuka ariko ibihingwa ngandurarugo byo bikabanuka!

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yabwiye itangazamakuru ko imibare yerekana ko muri rusange umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu mwaka wa 2022 wazamutse ku kigero cya 8.2%.

Ni ibyemezwa kandi na Youssuf Murangwa uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare.

Yavuze ko ubuhinzi bw’u Rwanda muri rusange bwazamutse ho 2%.

N’ubwo ari uko bimeze, ibihingwa ngandurarugo byo byagabanutseho 1%.

Mu yandi magambo, ubuhinzi bwazamuwe cyane n’uko ibihingwa ngengabukungu byo byazamutse kuri 4%.

Taarifa yabajije Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana icyo bivuze ku muturage ubona ko ibiribwa byabuze ku isoko kuko n’ibiciro byabyo byazamutse.

Dr. Ndagijimana avuga ko imibare iba yabazwe mu rwego rw’ubuhinzi iba yakomatanyije ubuhinzi bwose ni ukuvuga iby’ibihingwa ngangurarugo n’ibihingwa ngengabukungu, bakareba umusaruro w’amashyamba, amafaranga ibihingwa byoherejwe hanze byinjije n’ibindi.

Avuga ko iyo ibihingwa ngengabukungu bikunzwe ku isoko mpuzamahanga bibyongerera umusaruro bigatuma bitumizwa ari byinshi ku isoko.

Ku rundi ruhande, Minisitiri Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko u Rwanda rufite gahunda y’igihe kirekire yo kubaka ubuhinzi bw’ibihingwa ngangurarugo byihanganira imihindagurikire y’ikirere.

Ati: “ Turi gushaka uburyo bwiza bwo kubaka ubuhinzi budahora buteze amazi ku mvura ahubwo tukuhira. Ni ibintu bisaba igihe n’amafaranga ariko niyo gahunda ya Leta y’u Rwanda mu gihe kirambye.”

Yussuf Murangwa uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare yatangaje ko mu mwaka wa 2022 ubuhinzi bwazamutseho 2%, urwego rw’inganda ruzamuka ku kigero cya 5%, urwego rwa serivisi ruzamuka ku kigero cya 12%.

Uru nirwo rwego ruhora ruza ku mwanya wa mbere mu mizamukire y’ubukungu bw’u Rwanda.

Muri rusange umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu mwaka wa 2022 wazamutse ku kigero cya 8.2%.

Imibare ivuga ko mu mwaka wa 2021 umusaruro mbumbe wazamutse ku kigero cya 10,9%.

Uko imibare ihagaze
TAGGED:featuredMinisitiriNdagijimanaRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Ya FERWACY N’Ishyirahamwe Ry’Umukino W’Igare Ku Isi…
Next Article Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?