Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubumwe Ni Ingenzi Mu Gukemura Ibibazo By’Isi- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubumwe Ni Ingenzi Mu Gukemura Ibibazo By’Isi- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2024 5:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard  Ngirente yabwiye abanyacyubahiro bari muri Uganda mu Nama mpuzamahanga y’ibihugu bivuga ko bidafite aho bibogamiye ko iyo abantu bunze ubumwe bagera kuri byinshi birimo no gusigasira amahoro aho ari ariko bakanayashaka aho atari.

Ngirente ari muri Uganda ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Yashimiye ibihugu bigize uriya muryango ko bikomeje kuwungiramo ubumwe no guharanira inyungu bisangiye.

Mu kubasaba gukomeza gukorana baharanira amahoro, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yabibukije ko mu mezi make ari imbere mu Rwanda hazaba kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Yavuze ko kuzirikana ibyabaye mu Rwanda bitanga umukoro kuri bose wo kubumbatira amahoro no kwibuka uko bigenda aho yabuze.

Ngirente yavuze ko u Rwanda rwo ruzahora ruharanira ko amahoro aba hose kandi akarindwa.

Avuga ko iyo abantu batekanye ari bwo batekereza amajyambere, bityo ko kubumbatira amahoro ari inshingano ya buri wese.

Yaboneyeho gutumira abitabiriye iyi Nama kuzaza kwitabira indi nini nkayo izaba yateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibihugu bidakora ku Nyanja n’ibiri mu nzira y’amajyambere iteganyijwe muri Kamena, 2024.

Iyi nama izigirwamo uko ibi bihugu byakwagura imikoranire n’amahoro asangiwe.

Mu Nama iri kubera muri Uganda, ubuyobozi bw’Umuryango w’ibihugu bidafite aho bibogamiye, Non Aligned Mouvement burakirwa na Perezida wa Uganda Yoweli Museveni abuhawe n’uwa Azerbaijan witwa Ilham Heydar Oghlu Aliyev.

TAGGED:AzarbeijanfeaturedJenosideMuseveniNgirenteRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Ibigo Byahawe Bisi Nshya Zo Gutwara Abagenzi Muri Kigali
Next Article Ababyeyi Babwiwe Uruhare Rwabo Mu Gutuma Abana Baba Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?