Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubumwe Ni Ingenzi Mu Gukemura Ibibazo By’Isi- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubumwe Ni Ingenzi Mu Gukemura Ibibazo By’Isi- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2024 5:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard  Ngirente yabwiye abanyacyubahiro bari muri Uganda mu Nama mpuzamahanga y’ibihugu bivuga ko bidafite aho bibogamiye ko iyo abantu bunze ubumwe bagera kuri byinshi birimo no gusigasira amahoro aho ari ariko bakanayashaka aho atari.

Ngirente ari muri Uganda ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Yashimiye ibihugu bigize uriya muryango ko bikomeje kuwungiramo ubumwe no guharanira inyungu bisangiye.

Mu kubasaba gukomeza gukorana baharanira amahoro, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yabibukije ko mu mezi make ari imbere mu Rwanda hazaba kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Yavuze ko kuzirikana ibyabaye mu Rwanda bitanga umukoro kuri bose wo kubumbatira amahoro no kwibuka uko bigenda aho yabuze.

Ngirente yavuze ko u Rwanda rwo ruzahora ruharanira ko amahoro aba hose kandi akarindwa.

Avuga ko iyo abantu batekanye ari bwo batekereza amajyambere, bityo ko kubumbatira amahoro ari inshingano ya buri wese.

Yaboneyeho gutumira abitabiriye iyi Nama kuzaza kwitabira indi nini nkayo izaba yateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibihugu bidakora ku Nyanja n’ibiri mu nzira y’amajyambere iteganyijwe muri Kamena, 2024.

Iyi nama izigirwamo uko ibi bihugu byakwagura imikoranire n’amahoro asangiwe.

Mu Nama iri kubera muri Uganda, ubuyobozi bw’Umuryango w’ibihugu bidafite aho bibogamiye, Non Aligned Mouvement burakirwa na Perezida wa Uganda Yoweli Museveni abuhawe n’uwa Azerbaijan witwa Ilham Heydar Oghlu Aliyev.

TAGGED:AzarbeijanfeaturedJenosideMuseveniNgirenteRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Ibigo Byahawe Bisi Nshya Zo Gutwara Abagenzi Muri Kigali
Next Article Ababyeyi Babwiwe Uruhare Rwabo Mu Gutuma Abana Baba Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?