Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburayi Bwahakanye Iby’Uko u Rwanda Rwanze Ubuhagarariye Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Uburayi Bwahakanye Iby’Uko u Rwanda Rwanze Ubuhagarariye Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2024 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) yahakanye iby’uko u Rwanda rwanze Umubiligi watoranyijwe ngo abe Intumwa yihariye yawo mu karere k’ibiyaga bigari, Bernard Quintin.

Le Monde yo ku tariki ya 24 Kamena 2024 ivuga ko nyuma y’aho ibihugu bigize EU bitoranyije Quintin, u Rwanda rwahamagaye u Bufaransa, rubumenyesha ko rutazamwemera.

Ngo rwavugaha ko umubano udahagaze neza hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi iyo ikaba ’intandaro.

Umubano mubi hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi wazanywe n’uko bwanze Vincent Karega wari waragenwe nka Ambasaderi w’u Rwanda.

Indi mpamvu ni uko iki gihugu kibogamira byeruye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) irushinja gufasha umutwe wa M23.

Ibyo gufasha M 23, Guverinoma y’u Rwanda yarabihakanye kandi inenga bimwe mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi na Amerika byahisemo kubogama kubera inyungu bifite kuri RDC.

Le Monde yasobanuye ko nyuma y’aho u Rwanda rwanze Quintin, u Bufaransa, Sweden na Denmark byagaragaje ko mbere y’uko uwo mudipolomate atoranywa, ibihugu bigize EU byagombaga kubanza kumenya neza uko u Bubiligi bubanye n’ibihugu by’Akarere k’ibiyaga bigari.

Byari biteganyijwe ko Intumwa Nkuru ya EU ishinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano, Josep Borrell, yagombaga kwemeza Quintin kuri iyi nshingano hagati muri Kamena 2024 ariko ko kubera iki kibazo, yimuriye iyi gahunda ku italiki ya 5 Nyakanga 2025.

Umuvugizi wa Komisiyo yawo, Eric Mamer, yatangarije ikinyamakuru Brussels Times ko u Rwanda rutigeze rwitambika.

Yagize ati: “Iki ni igikorwa kibera imbere muri EU. Nta ruhande rwa gatatu cyangwa igihugu cya gatatu kigifiteho ijambo. Gahunda yo gutoranya Intumwa yihariye ya EU mu karere k’ibiyaga bigari no kumushyira mu nshingano irakomeje”.

Umuvugizi wa Komisiyo ya EU yatangaje ko ibyatangajwe mu binyamakuru mu minsi ishize ari ibihuha, bigamije guharabika.

Yasobanuye ko nta zina ry’uwatoranyijwe ngo abe Intumwa Yihariye mu karere k’ibiyaga bigari rirajya hanze

TAGGED:BubiligifeaturedIntumwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukino W’Igikombe Cy’Isi Cy’Umupira W’Amaguru Ku Bagacishijeho Wari Buzabere Mu Rwanda Ntukibaye
Next Article Bolivia: Haburijwemo Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?