Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburayi Bwashyize Butanga Amafaranga Yo Gukoreshwa Mu Kwirukana Ibyihebe Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uburayi Bwashyize Butanga Amafaranga Yo Gukoreshwa Mu Kwirukana Ibyihebe Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 6:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubumwe bw’u Burayi bwasohoye itangazo bwemera ko bugiye kurekura Miliyoni  € 20 yo gufasha u Rwanda mu kazi ruri gukorera muri Mozambique ko kwirukana ibyihebe byari byarayogoje Cabo Delgado ndetse byarabujije n’imishinga irimo iy’ikigo cy’Abafaransa, Total Energies, gukora ikabyazwa umusaruro.

Iriya nkunga itangajwe nyuma y’amasaha make Perezida Kagame avuze ko kuba hari abameye gukorana n’u Rwanda mu guhashya abarwanyi bo muri  Cabo Delgado, ntibabikore bitarubujije gukora ibyo rwiyemeje mu bushobozi rufite.

Hari mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya bayoboye Minisiteri y’ubuzima, uyu muhango ukaba warabaye ku wa Gatatu Taliki 30, Ugushyingo, 2022.

Perezida Kagame yagize ati: “ Kuva twagera muri Mozambique  nta gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe,  uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi.  Twatanze uburyo buke dufite ndetse dutanga n’ubuzima kuko abajya kurwana intambara nka ziriya hari abantu babigwamo…”

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo abemeye gutanga inkunga mu gucyemura ikibazo cyo muri Cabo Delgado batayitanze, u Rwanda rwakoze ibyo rushoboye

Bidatinze ababwirwaga barumvise, bahita basohora itangazo rivuga ko Ikigega cy’Ubumwe bw’u Burayi gishinzwe gufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro , European Peace Facility, kigiye guha u Rwanda Miliyoni  € 20 yo gukoresha muri biriya bikorwa.

U Rwanda rwakiriye neza iyo nkunga.

Itangazo ryaturutse mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko u Rwanda ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa w’ibihugu by’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi ndetse n’uw’ibihugu by’Afurika mu bikorwa bitandukanye harimo n’ibyo kugarura amahoro aho ruzitabazwa.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta yavuze ko ibyo uriya muryango wakoze ari ibintu byo kwishimira.

Rwanda welcomes the support of European Peace Facility, in the form of €20 million, to contribute to the continued deployment of the Rwanda Defence Force in Cabo Delgado Province of Mozambique. Read more: https://t.co/KJUWjpgepC pic.twitter.com/X02ileXepx

— Ministry of Foreign Affairs & Int'l Cooperation (@RwandaMFA) December 1, 2022

TAGGED:BurayiCabofeaturedInkungaKagameMozambique
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 42% By’Abanyarwanda Bakennye Ni Abahinzi – MINALOC
Next Article Papa Francis Yasubukuye Gusura DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?