Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburundi Ntibushaka Umunyarwanda Ku Butaka Bwabwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uburundi Ntibushaka Umunyarwanda Ku Butaka Bwabwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2024 7:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse yaraye ashimangiye ko nta Munyarwanda bakeneye ku butaka bw’iki gihugu nk’uko ikinyamakuru SOS Medias Burundi cyabitangaje.

Yagize ati: “Imipaka yose irafunzwe. Ntabwo dukeneye Abanyarwanda ku butaka bw’Uburundi, ndetse n’abari bahari twabafashe tubirukana ku butaka bw’u Burundi.”

#Diplomasia : “Walinikabidhi, tuliitumia na kila kitu kilikwenda sawa,” alisisitiza Waziri Niteretse bila kutoa idadi. pic.twitter.com/hccqXNvsGM

— SOS Médias Burundi (@SOSMediasBDI) January 11, 2024

Minisitiri Niteretse yavuze kandi ko yasabye ba Guverineri b’Intara zose kumuha raporo y’abanyamahanga batuye ku butaka bw’u Burundi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko Abarundi bagomba gukurikirana bakamenya umunyamahanga wese uri ku butaka bw’Uburundi kugira ngo hatagira ubugendaho batazi ‘ihabari yiye’, ni ukuvuga amakuru ye.

U Burundi bwafashe umwanzuro wo gufunga imipaka yabwo n’u Rwanda, mu gihe hari hashize iminsi mike Perezida Evariste Ndayishimiye aciye amarenga kuri iki cyemezo, ubwo yashinjaga u Rwanda gushyigikira Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’Uburundi.

Martin Niteretse avuga ko ubutegetsi bw’Uburundi buri kwegeranya abanyamahanga kugira ngo abadafite ibyangombwa basubizwe iwabo.

Ati:”…[Turabishyira mu Kinyarwanda]… Dukeneye base de données( database) kugira ngo tumenye ngo uri mu Burundi ni nde?, urujya n’uruza rwe rumeze gute?.”

Martin Niteretse, Minisitiri w’umutekano mu gihugu cy’Uburundi

Abandi bantu Uburundi buvuga ko bugiye gukurikirana ibyabo ni Aba Masaï.

- Advertisement -

Ku byerekeye iby’u Rwanda n’Uburundi, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko  kuba Uburundi bwafunze umupaka wabwo  ari ikintu kibabaje.

Uburundi buherereye mu Majyepfo y’u Rwanda.

Binyuze mu ijwi ry’Umuvugizi warwo, u Rwanda rwari ruherutse kuvuga ko ibivugwa n’Uburundi by’uko rufasha umutwe uburwanya wa RED Tabara ari ikinyoma.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu Ukuboza, 2023  yavuze ko uwo mutwe Uburundi  bushinja u Rwanda gushyigikira ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bityo ko ntaho ruhuriye nawo.

Yolande Makolo Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda

Ifoto ibanza: Ibiro Bya Minisiteri y’Umutekani mu Burundi

TAGGED:BurundifeaturedMinisitiriNdayishimiyeNiteretsePerezidaRwandaumupakaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburundi Bwafunze Umupaka Wabwo N’u Rwanda
Next Article Ingaruka Zo Kuba Uburundi Bwafunze Umupaka N’U Rwanda Ni Nyinshi- Teddy Kaberuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?