Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Burashinjanya Na Ukraine Kurasa Uruganda Rw’Imbaraga Za Kirimbuzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Uburusiya Burashinjanya Na Ukraine Kurasa Uruganda Rw’Imbaraga Za Kirimbuzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2024 2:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky avuga ko ingabo z’Uburusiya ari zo zarashe uruganda rutunganya imbaraga za kirimbuzi ruri ahitwa Zaporizhzhia.

Uburusiya nabwo buvuga ko ingabo za Ukraine ari zo zarashe ruriya ruganda ruri mu nganda nini ziri muri gace ibihugu byombi biherereyemo.

Iraswa ry’uru ruganda rije nyuma y’uko hari imirwano ikomeye imaze iminsi hagati y’ingabo za Ukraine n’iz’Uburusiya ndetse Ukraine iherutse gutungura Uburusiya ibugabaho ingabo ku butaka bwayo.

Intambara hagati ya Ukraine n’Uburusiya yatangiye mu buryo bweruye muri Gashyantare, 2022.

Ku byerekeye iraswa rya ruriya ruganda umuyobozi w’Intara ruherereyemo witwa Yevgeny Balitsky avuga ko amahire ari inkongi itageze ku binyabutabire bikomeye byatuma amazi cyangwa umwuka byandura.

Ni ibyo abahanga mu butabire bita radiation.

Perezida wa Ukraine witwa Zelensky avuga ko Uburusiya bwarashe ruriya ruganda bugamije gusiga icyasha Ukrane ngo amahanga abone ko ari yo ishaka ibibi.

Ku rundi ruhande amakuru meza ni uko urwo ruganda rwarangije kuzima nk’uko umwe mu bayobozi b’aho witwa Vladimir Rogov yabitangarije kuri Telegram.

Uru ruganda rwahagaritse gukora mu mwaka wa 2022 ubwo intambara yari irimbanyije.

Icyo gihe hari muri Mata, kandi intambara yari imaze amezi abiri itangiye.

Mu gihe iby’iyo nkongi biri kuvugwa, Perezida wa Ukraine aherutse kwerura avuga ko igihugu cye cyagabye igitero ku Burusiya kinjiiriye mu Ntara ya Kursk.

Umuturage wo muri aka gace yabwiye AFP ko abasirikare benshi ba Ukraine bacunze ab’Uburusiya ku jisho babagabaho igitero gikomeye.

Abo basirikare bamaze kwinjira mu Burusiya ahantu hareshya na kilometero 30 kandi abaturage babwo bateguriwe uburyo bahungishwa muri gari ya moshi.

Uburusiya nabwo ariko bwahise bwihimura butera ibisasu mu mijyi imwe n’imwe ya Ukraine kandi zikomeye.

Perezida w’Uburusiya Vladmir Putin yavuze ko ibyo Ukraine yakoze ari ubushotoranyi bukomeye.

TAGGED:BurusiyafeaturedIngaboUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukingo Rw’Ubushita Bw’Inkende Ni Irindi Hurizo
Next Article U Rwanda Rwakiriye Ibikoresho By’Ubuvuzi Bifite Agaciro Ka Miliyoni $ 3.3
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?