Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bwafunguye Umunyamerikakazi Ukina Basket, Amerika Ifungura Umurusiya Ucuruza Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uburusiya Bwafunguye Umunyamerikakazi Ukina Basket, Amerika Ifungura Umurusiya Ucuruza Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2022 4:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
TOPSHOT - US WNBA basketball superstar Brittney Griner arrives to a hearing at the Khimki Court, outside Moscow on June 27, 2022. - Griner, a two-time Olympic gold medallist and WNBA champion, was detained at Moscow airport in February on charges of carrying in her luggage vape cartridges with cannabis oil, which could carry a 10-year prison sentence. (Photo by Kirill KUDRYAVTSEV / AFP) (Photo by KIRILL KUDRYAVTSEV/AFP via Getty Images)
SHARE

Nyuma y’ibiganiro byari bimaze igihe kirekire bibera mu muhezo hagati y’abayobozi muri Amerika n’abo mu Burusiya, ubutegetsi bw’iki gihugu bwaje kurekura Brittney Griner uyu akaba ari Umunyamerikakazi ukina Basket wafunzwe azizwa kwinjiza ibiyobyabwenge mu Burusiya.

Kurekurwa kwe ariko kwatewe n’uko Amerika nayo yemeye kurekura Umurusiya yari yarafunze imukurikiranyeho gucuruza intwaro, uwo akaba ari Viktor Bout.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo byatangajwe ko Brittney Griner ari mu ndege ataha muri Amerika.

Kuri uyu wa Gatatu mu masaha y’umugoroba nibwo umugore wa Griner witwa Cherelle yakiriwe na Perezida Biden mu Biro bye.

Biden yahamagaye  Brittney Griner kuri Telefoni ari kumwe na Cherelle aramumuha baraganira, amumenyesha ko ari butahe mu masaha ari bukurikireho.

Biden, Kamala Harris na Blinken baganira n’umugore wa Griner

Griner, w’imyaka 32 y’amavuko, yari aherutse gukatirwa igifungo cy’imyaka icyenda nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo n’icyo yinjije ibiyobyabwenge mu gihugu.

Mu rubanza rwe, Griner yavugaga ko ibyo ubushinjacyaha bwitaga ibiyobyabwenge, ari imiti igabanya ububabare yari yarandikiwe na muganga ngo ayigenda kuko nk’umukinnyi wa Basket wabigize umwuga yakundaga kugira imikaya(muscles) imubabaza.

Hari abavuga ko umuryango wa Griner n’abandi banyamerika bakomeye bashyize igitutu ku butegetsi bwa Biden ngo bwemere kurekura uriya mucuruzi w’intwaro witw Viktor Bout , bamwe bari barahimbye izina ry’umucuruzi w’urupfu( The Merchant of Death).

Biden n’ubutegetsi bwe bari baranze kumva ibyo u Burusiya bwabasabaga kugeza ubwo baboneye ko ibintu bikomeye ubwo urukiko rwanzuraga ko Brittney Griner yoherezwa muri gereza ikomeye aho yagombaga gufungirwa imyaka icyenda yose.

Viktor Bout

Hari n’abavuga ko Biden ashobora kuba yatangiye kwirinda ikintu cyose cyarakaza Abanyamerika kuko ashobora kuzongera kwiyamamariza kuyobora Amerika.

 

TAGGED:AmerikaBasketBurusiyaUmukinnyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imiryango Ya UN Mu Rwanda Izubakirwa Inyubako Imwe
Next Article Mu Myaka 8 Ba Perezida Babiri Ba Sena Y’u Rwanda Bareguye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?