Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bwasohoye Intwaro Za Kirimbuzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uburusiya Bwasohoye Intwaro Za Kirimbuzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 February 2024 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri X hatangarijwe amashusho y’ibisasu bya kirimbuzi byikorewe n’imodoka za gisirikare z’Uburusiya.

Aya mashusho atangajwe hashize igihe gito uwahoze ari Perezida w’iki gihugu akaba na Minisitiri w’Intebe Dmitry Anatolyevich Medvedev atangaje ko igihe cyose Amerika n’Abanyaburayi bazatesha Uburusiya agaciro k’uburyo buhanagurwa ku isi, buzasiga buyitwikishije ibisasu bya kirimbuzi.

Amashusho ari kuri X arerekana ibi bisasu bizengurutswa ibice bitandukanye by’Umurwa mukuru Moscow kandi ngo bizagezwa n’ahandi mu mijyi minini y’iki gihugu kinini mu buso kurusha ibindi ku isi.

Iki gikorwa kandi gikozwe mu gihe mu nama y’ibihugu bikize kurusha ibindi ku isi ya G20 iheruka, ibindi bihugu bikize byabwiye Uburusiya ko kuba bukomeje gutesha umutwe Ukraine bizabugaruka.

Hari n’ibihano by’inyongera Amerika n’Uburayi biherutse gutangaza ko bizafatira ubutegetsi bwa Putin.

Andi makuru kandi avuga ko Amerika iherutse guha Ukraine izindi ntwaro zo gukomeza guhangana n’Uburusiya.

Mu Byumweru nka bibiri bishize, ingabo za Ukraine zishe abasirikare benshi b’Uburusiya zibarashe missile ubwo bari bari kumva amabwiriza y’umwe mu bayobozi babo.

Ni igikorwa cya gisirikare cyagizwemo uruhare n’ubutasi bwa Amerika binyuze mu gusangiza amakuru igisirikare cya Ukraine, ibi byose hamwe n’ibindi bikaba biri mu bishobora kuba biri kurakaza Putin.

Hashize iminsi itanu imyaka ibiri yuzuye intambara Uburusiya bwagabye kuri Ukraine itangiye, kandi iracyakomeje.

Ukraine yo ivuga ko izakomeza kwihagararaho kandi igasaba amahanga kwereka Uburusiya ko bwakoze ikosa rikomeye ubwo bwayitangizagaho intambara taliki 24, Gashyantare, 2023.

BREAKING: Vladimir Putin is moving nuclear weapons across Russia. WATCH pic.twitter.com/tAMFFxYIeX

— Simon Ateba (@simonateba) February 28, 2024

TAGGED:BurusiyaIbisasuIntambaraPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Na Polisi Bagiye Gutangiza Ukwezi Ko Guteza Imbere Abaturage
Next Article Banki Y’Isi Yakebuye Guverinoma Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?