Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2025 1:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Netanyahu yihanije ibihugu bitumva impamvu z'intambara igihugu cye kirwana na Hamas.
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Israel yaraye yanditse kuri X ko Ubwongereza budakwiye kwitiranya kwirwanaho nk’igihugu no gukorera abantu ibya mfura mbi.

Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer uyobora Ubwongereza muri iki gihe aherutse kuvuga ko ibyo Israel ikora muri Gaza bikwiye kwamaganwa.

Si Ubwongereza gusa bwarakaje Israel kuko na Canada ya Mark Carney n’Ubufaransa bw’Ubufaransa bwa Emmanuel Macron kuko bose avuga ko bitwara nk’abashyigikiye Hamas, umutwe Israel yanga urunuka.

Ubwo abayobozi b’ibi bihugu bamaganaga ibyo Israel ikora, Hamas yabyakiriye neza.

Hamas yavuze ko ibyo abo bayobozi bakora biri mu rwego rwo kubahiriza amategeko mpuzamahanga mu kurengera uburenganzira bwa muntu.

Netanyahu we yaraye ahisemo gukoresha X mu gusubiza abavuga ibyo.

Yanditse ati: “ Ndagira ngo mbwire Perezida Macron, Minisitiri w’Intebe Carney na Minisitiri w’Intebe Starmer ko iyo ushima ibyo abicanyi, abagome bafata abagore ku ngufu bakica impinja n’abandi nkabo bakora, burya uba uri mu ruhande rubi rwo gutanga ubutabera”.

Netanyahu  avuze ibi mu gihe igihugu cye cyarakajwe n’uko hari abakozi ba Ambasade ya Israel babiri biciwe muri Amerika barashwa n’umuntu wasakuzaga ngo “Mureke Palestine yigenge”.

Abayobozi ba Israel bafashe iki gitero nk’urugero rw’’urwango iki gihugu gifitiwe haba mu Burayi cyangwa ahandi.

Igitero Israel iherutse gutangiza muri Gaza ni icyo kwagura aho igenzura, ikabikora mu rwego rwo kubuza Hamas kwisuganya no gukomeza gufata bunyago abaturage b’aho.

Mu kubigenza gutyo, Israel irateganya kuzimura abantu miliyoni 2.3 ikabashyira mu gice yise ko ari icyo kubafashirizamo yise Humanitarian Area.

Hari abahoze ari inshuti za Israel bayishinja ko intambara iri kurwana muri Gaza iri gukoranwa ubugome, bamwe badatinya kugereranya na Jenoside, ingingo ubuyobozi bwa Israel buhakana cyane.

Netanyahu we avuga ko intego za Hamas atari ukubaka Leta ya Palestine ahubwo ari ukurimbura Israel ikavaho, akemeza ko intego ya Hamas ari ukurimbura abaturage bamaze imyaka 3,500 mu gihugu cyabo.

Ntiyiyumvisha ukuntu abayobozi ba biriya bihugu batumva uko kuri ngo bareke gushyigikira Hamas.

Mu gihe ari uko byifashe ku mubano w’ibi bihugu, i Yeruzalemu bashima uko Amerika ya Donald Trump iri kubyifatamo.

Ubwo Joe Biden bwo bwavugaga ko ari ngombwa ko habaho Leta ebyiri zituranye, ni ukuvuga iya Israel ni iya Palestine, ikintu Israel ivuga ko kitaramba kuko Hamas yahita ihindura icyo gihugu akarima kayo.

TAGGED:CanadafeaturedHamasIgiteroIntambaraIsraelUbufaransaUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We
Next Article Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?