Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bwongeye Kwanga Ko Ingano Zigera Ahandi Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Uburusiya Bwongeye Kwanga Ko Ingano Zigera Ahandi Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2023 2:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uburusiya bwatangaje ko buhagaritse amasezerano bwari baragiranye n’Umuryango w’Abibumbye yo kureka amato atwaye ibinyampeke akabigeza hirya no hino ku isi aciye mu Nyanja yirabura. Ni icyemezo kiri butume ingano zongera kuba nke, ibiciro bizamuke cyane cyane muri Afurika.

Abarusiya bavuga ko badashobora gukomeza kwemerera isi kungukira mu guhabwa ingano n’ibindi ikenera biciye mu mazi yabo mu gihe bo babujijwe kugurisha ibyabo hirya no hino ku isi.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’igihugu cy’Uburusiya witwa Dmitri Peskov yatangarije abanyamakuru ko isi niyumva ibyifuzo by’Uburusiya nabwo buzahita bwisubiraho ku cyemezo cyabwo.

Itangazo ryo mu Biro bya Putin byanzuye biti: “ Guhera ubu amasezerano areba ingano twari twasinyeho turayahagaritse.”

Hari hashize igihe kirekire Uburusiya busaba amahanga ko bwakwemererwa nabwo gucuruza ibyabwo niba ashaka ko ingano n’ibindi bicuruzwa isi ikeneye bikomeza guca mu mazi yabwo.

Amasezerano yo kwemerera ko ingano zavaga muri Ukraine zigera ahandi ku isi zikomeza guca mu mazi y’Uburusiya, yari yasinywe muri Nyakanga, 2022 binyuze ku buhuza bw’Umuryango w’Abibumbye na Turikiya.

Ibyo binyampeke byagombaga guca mu Nyanja y’Umukara ntawe ugize icyo atwara ubwato bubitwaye.

Uburusiya buvuga ko butakomeza kwemera ko ingano bweza ndetse n’ifumbire bukora zibuzwa kugurishwa ahandi ku isi, hanyuma bwo ngo bukomeze kwemera ko amazi yabwo yifashishwa n’abantu mu bucuruzi butabufitiye akamaro.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Uburusiya witwa Zakharova yavuze ko Umuryango w’Abibumbye, Turikiya na Ukraine bamenyeshejwe uyu mwanzuro.

Nk’uko byagenze mu mezi yabanjirije Nyakanga, 2022, ibice byinshi by’Afurika byabuze ingano n’ifumbire bituma ibiciro ku isoko ry’ibiribwa bizamuka.

Hari impungenge ko ibiciro henshi muri Afurika bigiye kongera kuzamuka.

Mu mwaka ushize wa 2022, ibibazo by’ingano byatumye u Rwanda rutangira kureba niba nta handi rwabikura.

Icyo gihe byatangajwe na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wavuze ko mu hantu u Rwanda rwashakaga gukura biriya binyampeke ari muri Australia no muri Brazil.

 

TAGGED:BurusiyafeaturedInganoIntambaraPutinUmuryangoUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Igiye Guhugurira Mu Rwanda Abahanga Mu Ikoranabuhanga
Next Article Rwanda: Abana 561 Bafite Ubumuga Batangiye Ibizamini By’Abanza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?