Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburyo Butanu Bwafashije Warren Buffett Gutunga Za Miliyari $
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Uburyo Butanu Bwafashije Warren Buffett Gutunga Za Miliyari $

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Warren Buffet ni umwe mu Banyamerika b’abaherwe kurusha abandi Banyamerika n’abandi batuye isi yose.

Ni umuherwe wa gatanu ku isi kuko atunze miliyari $106, akaba akomoka muri Amerika.

Afite imyaka 92 y’amavuko, akaba asanganywe ikigo yise Berkshire Hathaway gikubiye hamwe ibigo bitandukanye bimubyarira inyungu.

1.Ateganya mu gihe kirekire cyane…

Uyu mukambwe mu mitekerereze ye y’ishoramari, ateganya inyungu mu gihe kirekire. Yirinda gukora ishoramari rito, rya rindi rizatanga inyungu ihutiweho ariko idatubutse.

Buffett atekereza imishinga izunguka nyuma y’imyaka itanu, icumi cyangwa 30…

Iyo arangije gushora, akurikizaho gukurikirana uko iyi mishinga yunguka kandi akabikora nta kurambirwa.

Uyu musaza ntajya akurwa umutima n’uko byifashe ku isoko ry’imari n’imigabane ahubwo aba azi neza ko bizunguka, ku rundi ruhande akaba yarateguye uburyo bwo kuzatera ingabo mu bitugu imishinga imwe n’imwe yazahura n’ibibazo.

Iyi mikorere ye ituma abona umwanya wo kureba ahandi yashora kuko aba abona ko hakunguka hakunganira aho abona hashobora kugira icyuho.

2.Azi kwihangana

Kwihangana kwa Buffet ni kimwe mu bimufashije kugera ku byo yagezeho. Uyu mukambwe afata amadolari menshi akayashyira mu masoko y’imigabane, hanyuma avuyemo akayashora mu mishinga y’ikoranabuhanga, ubuhinzi, gutwara abantu n’ibindi…

3.Avumbura aho ashobora guhomba…

Buffett ni umuntu uzi kureba aho ashora hatandukanye. Icyakora si ko hose ahashora aye.

Aho abonye ko hazamuhombya, arahazibukira. Ntajya  amenya ibyo guhatiriza ngo wenda naho bizacamo.

Warren Buffett azi kureba niba ahantu runaka haterekana gusa amahirwe yo kunguka ahubwo agashyira no ku munzani akareba ibyago byo guhomba yazahahurira nabyo.

Aho abonye ibintu byacika, ahita abyihorera.

4.Ashora henshi…

N’ubwo azi neza ko guhomba bishoboka, ntibimubuza gushora henshi. Aho hose aba azi neza kureba ahari ibyago byo guhomba, agashaka uburyo bwo kuzaziba icyuho igihe cyose byagaragara ko ‘business’ runaka igiye guhirima.

5.Ashora mu bizaramba

Niwitegereza uzasanga hari ibigo bikundwa mu gihe runaka kubera ko biba bizanye serivisi cyangwa imari runaka abantu bakabiharara.

Iyo agahararo karangiye, abantu barigendera.

Warren Buffett we ashora aye mu mishinga yamaze kubona ko izazana ibisubizo by’igihe kirekire.

Akora k’uburyo imishinga ashoyemo iba iri hejuru y’indi mishinga bisa mu rwego rw’agaciro no kuramba.

Mu magambo avunaguye uko niko ikinyamakuru fool.co.uk gisobanura ubuhanga bwa Buffett mu gushora miliyari $ ze.

TAGGED:AmadolariBuffettfeaturedImariIshoramari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndayishimiye Yavuze Ko Ntabyo Kumuhirika Ku Butegetsi Biri Mu Gihugu
Next Article Muhanga: Kwanga Kwiteranya Bituma Badatanga Amakuru Ku Makimbirane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?