Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinjacyaha Bwajuririye Ibihano Byahawe Rusesabagina n’Abo Bareganwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Ubushinjacyaha Bwajuririye Ibihano Byahawe Rusesabagina n’Abo Bareganwa

admin
Last updated: 20 October 2021 4:33 pm
admin
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bwemeje ko bwajuririye ibihano byatanzwe mu rubanza rwa Paul Rusesabagina, Nsabimana Callixte ‘Sankara’ na bagenzi babo bahamijwe ibyaha by’iterabwoba, rwasomwe ku wa 20 Nzeri 2021.

Nyuma y’isomwa rya ruriya rubanza, buri ruhande rwari rufite iminsi 30 yo kujurira.

Urukiko rukuru – Urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi – rwakatiye Rusesabagina gufungwa imyaka 25 naho Nsabimana akatirwa 20, nyuma yo kubahamya ibyaha by’iterabwoba bifitanye isano n’ibitero byakozwe n’umutwe wa MRCD/FLN.

Ni ibitero byagabwe mu myaka ya 2018 na 2019 mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, byishe abaturage abandi barakomereka, bitwika imodoka ndetse bisahura imitungo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nubwo hatanzwe biriya bihano, ku wa 17 Kamena Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Rusesabagina gufungwa burundu.

Urukiko rwemeje ko umutwe wa MRCD/FLN ari uw’iterabwoba, kuko ibitero byawo “byakoze ibikorwa birimo kwica, gusahura no gutwika imitungo, nta kindi bigamije uretse gutera ubwoba abaturage batari mu mirwano, babasanze mu ngo zabo no mu modoka bari mu ngendo n’ahandi.”

Rusesabagina yahamijwe ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba no gukora no kugira uruhare mu gikorwa cy’iterabwoba.

Yagizwe umwere ku cyaha cyo kurema umutwe w’ingabo utemewe, mu gihe ibindi bikorwa byakorewe mu bitero bya FLN no gutera inkunga iterabwoba, abacamanza bemeje ko bigize icyaha cyo gukora no kugira uruhare mu gikorwa cy’iterabwoba.

Urukiko rwavuze ko kuba ibyaha yakoze bigize impurirane mbonezamugambi kandi byarateje urupfu, yagombaga guhanishwa gufungwa burundu.

- Advertisement -

Icyo gihe Umucamanza Mukamurenzi Béatrice yakomeje ati “Urukiko rurebye imikorere y’ibyaha bihama Rusesabagina Paul, rukareba uburyo abazwa mu iperereza ndetse anaburana ibirebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo hari ibyo yemeye, agasobanura uburyo byakozwe akabisabira imbabazi, n’uko ari ubwa mbere akurikiranyweho ibyaha mu nkiko, akwiye kugabanyirizwa ibihano agahanishwa igifungo cy’imyaka 25.”

Urukiko rwavuze ko nubwo rwashoboraga kujya munsi y’iriya myaka, kuba Rusesabagina ataritabiriye iburanisha ngo rumenye niba akomeza kwemera ibyaha, bitari gutuma rukomeza kuyigabanya.

Ni mu gihe kuri Nsabimana ‘Sankara’, Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko rukuru kumuhamya ibyaha by’iterabwoba no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, rukamukatira gufungwa imyaka 25 mu gihe igihano gikuru cyagombaga kuba igifungo cya burundu.

Umushinjacyaha yavuze ko ubwo Nsabimana yabazwaga guhera mu Bugenzacyaha ndetse anaburana ku ifunguwa n’ifungurwa ry’agateganyo no mu mizi y’urubanza, yemeye ibyaha akuriranyweho, arabyicuza kandi abisabira imbabazi ku bakorewe ibyaha, ubuyobozi bw’igihugu n’umuryango nyarwanda.

Indi mpamvu ni uko aburana, “yatanze amakuru menshi yafashije mu iperereza, mu ikurikiranacyaha kuri we no ku bandi bafatanyije gukora ibyaha.” Hakiyongeraho ko ari ubwa mbere yari akurikiranywe mu nkiko.

Urukiko rwamuhamije ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba; gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba; guhakana no gupfobya Jenoside no guhabwa ku bw’uburiganya cyangwa gukora no gukoresha impapuro n’inyandiko zitangwa n’inzego zabigenewe.

Ni ibyaha ngo bigize impurirane mbonezamugambi, ku buryo yagombaga guhanishwa igifungo cy’imyaka 25.

Kubera ko ibikorwa by’iterabwoba aregwa byateje urupfu, igihano cyagombaga kuzamuka kikaba igifungo cya burundu kuko ari cyo gihano kirushije ibindi gukomera, nk’uko abacamanza babyemeje.

Gusa umucamanza yavuze ko urukiko rusanga kuba yaremeye ibyaha kuva mu iperereza kugeza mu rukiko no kuba ari ubwa mbere akurikiranywe mu rukiko, yagabanyirizwa ibihano kubera izo mpamvu nyoroshyacyaha.

Yakomeje ati “Urukiko rurasanga Nsabimana Callixte alias Sankara yahanishwa igifungo cy’imyaka 20 kubera impamvu nyoroshyacyaha.”

Nsabimana yagizwe umwere ku byaha byo kurema umutwe w’ingabo utemewe; kugirana umubano na leta y’amahanga bigiriwe gushoza intambara; gutanga, kwakira no gushishikariza abantu kwakira ibikomoka ku iterabwoba; iterabwoba ku nyungu za politiki; kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba no gukwirakwiza amakuru atariyo bigamije kwangisha leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga.

Kuba Ubushinjacyaha bwajuriye, bivuze ko Urukiko rw’Ubujurire ruzasuzuma niba bifite ishingiro, byakwemezwa ibihano bikaba byazamurwa.

Abaregwa muri iyi dosiye n’ibihano bahawe: 

  1. Paul Rusesabagina: Imyaka 25
  2. Nsabimana Callixte Sankara: Imyaka 20
  3. Nizeyimana Marc: Imyaka 20
  4. Bizimana Cassien: Imyaka 20
  5. Matakamba Jean Berchmans: Imyaka 20
  6. Shaban Emmanuel: Imyaka 20
  7. Ntibiramira Innocent: Imyaka 20
  8. Byukusenge Jean Claude: Imyaka 20
  9. Nsabimana Jean Damascene: Imyaka 20
  10. Nikuzwe Simeon: Imyaka 10
  11. Nsanzubukire Felicien: Imyaka 5
  12. Munyaneza Anastase: Imyaka 5
  13. Hakizimana Theogene: Imyaka 5
  14. Nsengimana Herman: Imyaka 5
  15. Iyamuremye Emmanuel: Imyaka 5
  16. Niyirora Marcel: Imyaka 5
  17. Kwitonda Andre: Imyaka 5
  18. Mukandutiye Angelina: Imyaka 5
  19. Ntabanganyimana Joseph: Imyaka 3
  20. Nshimiyimana Emmanuel: Imyaka 3
  21. Ndagijimana Jean Chretien: Imyaka 3
TAGGED:featuredNsabimana CallixtePaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imihango Yose Y’Amadini Yakomorewe, Ku Minsi Yose
Next Article Bwa Mbere, Umuntu ‘Yateweho’ Impyiko Y’Ingurube
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?