Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Buti: ‘ Ntabwo Agatsiko Kagombye Kuyobora Isi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ubushinwa Buti: ‘ Ntabwo Agatsiko Kagombye Kuyobora Isi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2021 12:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Bushinwa bwabwiye abayobozi b’ibihugu birindwi bikize ku isi ko igihe cyabyo cyo kuyobora isi cyarangiye. Ngo mu gihe abantu bagezemo, ntibakwiye kuyoborwa n’agatsiko.

Ni amagambo yavuzwe n’umuvugizi w’ Ambasade y’u Bushinwa mu Bwongereza ahari bubereye inama ya G7.

Iriya nama iri bwigirwemo uko ibihugu bigize G7 byakwihuza bigafata ingamba zo gukoma mu nkokora u Bushinwa mu mugambi wabwo wo kwigarurira isi.

Biteganyijwe ko muri iyi nama Perezida Biden ari bwereke bagenzi be bayobora ibihugu by’u Burayi umugambi urambuye igihugu cye gifite wo kugabanya inkubiri y’u Bushinwa mu iterambere ryabwo riri kugera ku isi hose.

Abayobora G7  bafite  umugambi wo kubangamira inyungu z’u Bushinwa binyuze  mu gufasha ibihugu bigitera imbere kwivana mu ngaruka za COVID-19 bityo u Bushinwa ntibukomeze kubyiharira bwonyine.

Ni umugambi bise Build Back Better World (B3W).

Uyu mugambi ni iturufu ibindi bihugu bikize byahimbye kugira ngo bibangamire umugambi munini cyane w’u Bushinwa wo kugeza imbaraga zabwo mu bukungu ku isi wose bwise Belt and Road Initiative (BRI)kandi urakomeje.

Belt and Road Initiative (BRI) ni umushinga watumye u Bushinwa bwubakira ibihugu byinshi ibiraro, kaburimbo, ingomero n’ibindi bikorwa remezo, ariko bubisiga mu myenda iremereye cyane.

 Amazi si yayandi…

U Bushinwa bwemeza ko aho isi igeze Abanyaburayi n’Abanyamerika bagombye koga magazi kuko amazi atakiri yayandi.

Buvuga ko ibintu byahindutse, ko ibihugu birindwi bwita ko ari agatsiko gato, bitagombye gutegeka isi.

Bisa n’aho u Bushinwa nk’igihugu cya mbere ku isi gituwe n’abantu benshi busanga ari bwo bwagombye kuyobora isi!

Wa muyobozi wo muri Ambasade y’u Bushinwa mu Bwongereza yabwiye The Reuters ati: “Igihe abatuye isi bafatirwaga icyemezo n’agatsiko k’ibihugu bike cyararangiye. Twemera ko ibihugu byose bingana, ibito cyangwa ibinini, bityo rero ibibazo bireba isi bigomba kuganirwaho n’ibyo bihugu byose, ntabwo ari itsinda rito rigomba kubivugaho ryonyine.”

Isi ya nyuma ya COVID-19 izaba ari indi yindi

Icyorezo COVID-19 nikirangira cyangwa abantu bakiga kubana nacyo, imikorere y’abatuye isi izahinduka ndetse n’imibanire y’ibihugu ihinduke.

Muri iki gihe ibi biragaragarira mu mugambi wa Perezida Biden, wifuza ko nyuma y’ibihe bikomeye bya COVID-19, Amerika yakomeza ijambo ryayo mu isi binyuze mu gufasha iterambere ry’ibihugu, mu buryo bwenda gusa n’uko u Bushinwa bubigenza.

Uru nirwo ruti rw’umugongo rw’umugambi Build Back Better World(B3W).

N’ubwo nta ngingo zirambuye ziramenyekana ku biwukubiyemo, abasesengura irushanwa mu by’ubukungu riri hagati y’Amerika, u Burayi, ku ruhande rumwe, n’u Bushinwa ku rundi ruhande bavuga ko buri ruhande ruri gukora uko rushoboye kugira ngo mu myaka itatu, itanu…iri imbere ruzabe ari rwo dufite ijambo rinini mu bucuruzi mpuzamahanga ku isi.

Ikibazo ku bandi batari Abashinwa bari muri iri rushanwa ni uko nabo batemeranya niba u Bushinwa ari ikibazo mu by’ukuri cyangwa niba bakorana nabwo ariko bareba inyungu zabo.

TAGGED:AmerikaBushinwaBwongerezafeaturedG7Umugambi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Warren Buffet Aravugwaho Kunyereza Imisoro
Next Article Umwaka Wa 2021 Uzarangira Hakingiwe Abanyarwanda Miliyoni 5- Dr Ngamije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?