Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2025 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Izi missiles zagera aho ari ho hose ku isi.
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu Tariki 03, Nzeri, 2025 Perezida  w’Ubushinwa Xi Jinping yayoboye umuhango wo kwizihiza imyaka 80 igihugu cye kimaze kigobotoye ubukoloni cyari cyashyizwemo n’Ubuyapani mu gihe cyabanjirije Intamba ya Kabiri y’Isi.

Imyaka ibaye 80 ibyo bibaye, ni ukuvuga guhera mu mwaka wa 1945 kugeza muwa 2025.

Ku mbuga ngari yitwa Tian’anmen Square niho Perezida Xi yaje gutangiriza umwiyerekano ukomeye w’ingabo ze.

Wari uhurije hamwe imitwe itandukanye y’izo ngabo, yerekaniyemo intwaro igihugu cye cyakoze zirimo missiles na drones z’intambara zitari zarerekanywe n’iki gihugu kugeza ubu.

Ikinyamakuru Xinhua cyanditse ko ibyakozwe biri mu rwego rwo kwereka amahanga ko uzahirahira atera Ubushinwa cyangwa abwendereza mu buryo buryo azaba yikururiye kabutindi.

Perezida Xi yari ari kumwe na bagenzi be Kim Jong Un uyobora Koreya ya ruguru, Narendra Modi uyobora Ubuhinde na Vladmir Putin uyobora Uburusiya.

Hari kandi abandi bakuru b’ibihugu 20 batumiwe ngo baze bifatanye n’Ubushinwa mu kwizihiza ibintu bikomeye bwakoze mu myaka 80 ishize Intambara ya Kabiri y’Isi ihagaze.

Muri kiriya gikorwa hari abahagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika, Ubufaransa, Ubwongereza( ibihugu byagize uruhare runini mu guhagarika iriya ntambara y’isi) na Canada.

Perezida Xi yahavugiye ijambo rishima aho igihugu cye kigeze mu iterambere no mu bubanyi n’amahanga, avuga ko ibyo gikora bigamije kukigira igihangange no kubanira neza abandi, gusa aha gasopo uwazashaka kucyendereza.

Ati: “ Igihugu cyacu cyagize ruhare runini mu gutuma isi itera imbere kandi kigira uruhare mu kugarura no kubungabunga amahoro mu bice byinshi. Ndasaba isi guharanira ko ibitera intambara bitazongera kubaho bityo tukirinda gusubira mu icuraburindi ryaranze amateka twibuka uyu munsi”.

Umwiyereko wa gisirikare wakozwe n’ingabo z’Ubushinwa witabiriwe n’abasirikare 10,000, indege 100 z’intambara, ibifaro, ibisasu bya missiles na drones nyinshi n’ibindi.

Abahinwa berekanye ko batunze imbunda zishobora kurasha aho ari ho hose ku isi.

Reba amafoto y’uko byari byifashe:

Abasirikare 10,000 nibo bitabiriye aka karasisi
Kuri iyi mbuga niho Ubushinwa bukorera akarasisi gahambaye
Abashoferi b’ibifaro by’ingabo z’Ubushinwa.
Izi ni drones nshya z’Ubushinwa.
Akarasisi k’ingabo z’iki gihugu kaba gahambaye.
Abagore bo mu ngabo z’Ubushinwa.
Bivugwa ko Ubushinwa bwerekanye intwaro butari bwareretse uwo ari we wese.
Indege z’ingabi z’Ubushinwa mu mwiyereko mu kirere
Umwiyereko nk’uyu waherukaga mu mwaka wa 2015.
Kajugujugu zifite ikoranabuhanga rya drones.
Imyaka ibaye 80 Ubushinwa bwigobotoye Ubuyapani.
Imitwe yose y’ingabo z’Ubushinwa yarateguwe.
Izi ntwaro zerekanywe mu rwego rwo kwereka amahanga ko Ubushinwa bwihagazeho.
Perezida w’Ubushinwa yahavugiye ijambo rikomeye.
Harashwe ibisasu byerekana ko imyaka ibaye 80 Ubushinwa bwipakuruye Ubuyapani.
Imbaraga zabwo zimaze kugera ku rundi rwego ruhambaye.
Uyu mwaka uvuze byinshi mu buhangange bw’Ubushinwa.
Muri Amerika no mu Burayi baskurikiraniye hafi iby’uyu mwiyereko.
Ku mbuga ngari yitwa Tian’anmen Square niho Perezida Xi yaje gutangiriza umwiyerekano ukomeye w’ingabo ze
Abaturage baje kwifatanya n’ubuyobozi bwabo muri iki gikorwa.
Mu mwaka wa 1945 nibwo intambara ya kabiri y’isi yahagaze
Kajugujugu zikomeye z’intambara z’Ubushinwa.
Missiles z’Ubushinwa zishobora kuraswa aho ari ho hose ku isi.

Amwe muri ayo mafoto yavanywe kuri Dailymail

TAGGED:AmerikafeaturedIbisasuIntambaraUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi
Next Article Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?