Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeIkoranabuhangaMu mahanga

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2025 12:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iki kiraro cyubatswe mu myaka itatu gusa. Ifoto:Highest Bridges.com
SHARE

Mu Ntara ya Guizhou mu Bushinwa hatashywe ikiraro kiri ku butumburuke bwa metero 625 hejuru y’uruzi rwa Beipan ruca mu misozi miremire iri muri aka gace. Ni cyo kiraro kiri hejuru mu butumburuke kurusha ibindi byose ku isi.

Abahanga mu bwubatsi bw’ibiraro bari bamaze imyaka itatu bacyubaka, kikaba ari cyo cyubatswe muri ubwo buryo kandi mu gihe gito.

Xinhua yanditse ko mbere y’uko iki kiraro kuvugururwa kigashyiramo imihanda ibangikanye kandi ikoze neza, byasabaga iminota 70 ngo ube ucyambutse, ubu bikazatwara iminota itatu.

Iki kiraro bise Huajiang Grand Canyon Bridge kiruta inshuro umunani ikindi kitwa San Francisco’s Golden Gate Bridge cyubatswe muri California, USA.

Uretse uburebure mu butumburuke bukigira icya mbere kinenetse hejuru cyane kurusha ibindi, iki kiraro ni kirekire kuko kireshya na metero 2,890, abacyubatse bakemeza ko kizagira uruhare runini mu bucuruzi mu bice bituriye aho cyubatswe.

Mu mitekerereze y’Abashinwa, harimo ingingo y’uko kugira ngo igihugu gitere imbere, ari ngombwa ko gishora mu bikorwaremezo, ibi bikaba ibintu Ubushinwa bwashyize imbere ngo buzabe igihugu cya mbere gikize ku isi kuko ubu Amerika ari yo igisumbya intambwe.

Mu kubaka iki kiraro, intego yari iyo gutuma abaturage bo muri iki gice cy’icyaro bavanwa mu bwigunge bashyirwagamo no kutabona uburyo bwiza bwo kwambuka ngo bahahirane n’abo hakurya.

Intara ya Guizhou iri mu zikiri inyuma mu majyambere mu Bushinwa.

TAGGED:featuredIkiraroUbushinwaUbutumburuke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari
Next Article Muhanga: Ba Nyiri Ibirombe Bibukijwe Gushyira Abakozi Muri Ejo Heza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Muhanga: Ba Nyiri Ibirombe Bibukijwe Gushyira Abakozi Muri Ejo Heza

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tshisekedi Yavuze Ko u Rwanda Rutacyuye Ingabo Zarwo

Trump Yabwiye Isi Ko Ikabiriza Iby’Imihindagurikire Y’Ikirere

Intambara Iratutumba Hagati Ya Pologne N’Uburusiya

Ubufaransa Bwatangaje Ko Bwemeye Palestine Nk’Igihugu Kigenga Byuzuye

U Rwanda Rwiyemeje Kuba Ihuriro Ry’Ishoramari Mu Karere- RDB

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ese Netanyahu Azasinya Inyandiko Ya Amerika Yo Kurangiza Intambara Na Hamas?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Amaze Gukura Toni 20 Za Pulasitiki Muri Nyabarongo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?