Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubutaka Busaga Miliyoni 1.3 Ntibwanditse Kuri Ba Nyirabwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubutaka Busaga Miliyoni 1.3 Ntibwanditse Kuri Ba Nyirabwo

Last updated: 13 January 2022 9:14 am
Share
?????????????????????????????????????????????
SHARE

Ubutaka bugera ku 1,315,890 bw’abaturage batandukanye bwanditswe mu mutungo wa leta mu buryo bw’agatenyo, nyuma y’uko ba nyirabwo batabwandikishije kandi bugomba kuba bufite aho bubarizwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Igikorwa cyo kubarura ubutaka cyakozwe kuva mu 2009-2013, hanatangwa ibyangombwa byabwo bya burundu kuri ba nyirabwo.

Muri icyo gihe imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka igaragaza ko habaruwe ubutaka miliyoni 11, 576,996, harimo ubutaka bwa 841,257 bwa leta.

Nibwo haje kugaragara ko ubutaka bwa butandikishijwe bukajya mu mutungo wa leta mu buryo bw’agateganyo ari 1,315,890.

Ikigo gishinzwe ubutaka giheruka gutanga itariki ya 31 Ukuboza 2020, ngo abantu bose bafite ubutaka batandikishije babikore, mbere y’uko byandikwa kuri leta by’agateganyo.

Nyuma y’iyo tariki, umuntu ukeneye ko ubutaka bwe bumwandikwaho hari ibyo asabwa.

Birimo kugaragaza uburyo yabonye ubwo butaka, niba yarabuguze akagaragaza amasezerano y’ubugure, yaba ari gakondo ye akagaragaza ibimenyetso byaba ubuhamya bw’abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze.

Umuyobozi w’Ikigo cy’ubutaka Espérance Mukamana aheruka kuvuga ati “Tugusaba icyemezo cy’umutungo, ikindi ni ishusho y’ubutaka bwawe igaragaza ibipimo by’ubwo butaka, hanyuma ikemezwa n’abakozi babishinzwe ku rwego rw’Akarere, ukanandika kuko hari inyandiko wuzuza, ahantu hose irahari, ugashyiraho biriya byangombwa bisabwa hanyuma ugasaba iyo serivisi. Icyo gihe nyine ubutaka tubumwandikaho.” Yari kuri televiziyo y’igihugu.

Ku baturage babuze ibyangombwa nko kuba umuntu baguze atakiriho cyangwa batazi aho ari, bisaba ko urukiko ari rwo rwemeza ko ubwo butaka ari ubw’uwo muntu, bukabona kumwandikwaho.

TAGGED:Espérance MukamanafeaturedUbutaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amb Dr Diane Gashumba Ashima Uruhare Suwede Igira Mu Burezi Bw’u Rwanda
Next Article Kugenzura Ko Abantu Bikingije COVID-19 Byatangiye Gukorwa Urugo Ku Rundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?