Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubutaka Busaga Miliyoni 1.3 Ntibwanditse Kuri Ba Nyirabwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubutaka Busaga Miliyoni 1.3 Ntibwanditse Kuri Ba Nyirabwo

admin
Last updated: 13 January 2022 9:14 am
admin
Share
?????????????????????????????????????????????
SHARE

Ubutaka bugera ku 1,315,890 bw’abaturage batandukanye bwanditswe mu mutungo wa leta mu buryo bw’agatenyo, nyuma y’uko ba nyirabwo batabwandikishije kandi bugomba kuba bufite aho bubarizwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Igikorwa cyo kubarura ubutaka cyakozwe kuva mu 2009-2013, hanatangwa ibyangombwa byabwo bya burundu kuri ba nyirabwo.

Muri icyo gihe imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka igaragaza ko habaruwe ubutaka miliyoni 11, 576,996, harimo ubutaka bwa 841,257 bwa leta.

Nibwo haje kugaragara ko ubutaka bwa butandikishijwe bukajya mu mutungo wa leta mu buryo bw’agateganyo ari 1,315,890.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikigo gishinzwe ubutaka giheruka gutanga itariki ya 31 Ukuboza 2020, ngo abantu bose bafite ubutaka batandikishije babikore, mbere y’uko byandikwa kuri leta by’agateganyo.

Nyuma y’iyo tariki, umuntu ukeneye ko ubutaka bwe bumwandikwaho hari ibyo asabwa.

Birimo kugaragaza uburyo yabonye ubwo butaka, niba yarabuguze akagaragaza amasezerano y’ubugure, yaba ari gakondo ye akagaragaza ibimenyetso byaba ubuhamya bw’abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze.

Umuyobozi w’Ikigo cy’ubutaka Espérance Mukamana aheruka kuvuga ati “Tugusaba icyemezo cy’umutungo, ikindi ni ishusho y’ubutaka bwawe igaragaza ibipimo by’ubwo butaka, hanyuma ikemezwa n’abakozi babishinzwe ku rwego rw’Akarere, ukanandika kuko hari inyandiko wuzuza, ahantu hose irahari, ugashyiraho biriya byangombwa bisabwa hanyuma ugasaba iyo serivisi. Icyo gihe nyine ubutaka tubumwandikaho.” Yari kuri televiziyo y’igihugu.

Ku baturage babuze ibyangombwa nko kuba umuntu baguze atakiriho cyangwa batazi aho ari, bisaba ko urukiko ari rwo rwemeza ko ubwo butaka ari ubw’uwo muntu, bukabona kumwandikwaho.

- Advertisement -
TAGGED:Espérance MukamanafeaturedUbutaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amb Dr Diane Gashumba Ashima Uruhare Suwede Igira Mu Burezi Bw’u Rwanda
Next Article Kugenzura Ko Abantu Bikingije COVID-19 Byatangiye Gukorwa Urugo Ku Rundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?