Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubutumwa Bwa Polisi Ku Mupira Uhuza Amavubi Na Guinée
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubutumwa Bwa Polisi Ku Mupira Uhuza Amavubi Na Guinée

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2021 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yatanze ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose n’abandi barutuye bubabuza kuza kwishimira intsinzi y’Amavubi(iramutse ibonetse) mu buryo bwateza akaga ko kwandura COVID-19.

Yabanje kubibutsa ko ubushize ubwo bishimiraga ko Amavubi yatsinze Uduca twa Togo, hari abarengereye bajya mu mihanda barabyina kandi bitemewe.

Mu butumwa bugufi yatanze, CP Kabera yagize ati: “Uyu  munsi Amavubi arongera gukina, twese tugomba kurebera umupira mu ngo zacu kandi intsinzi tuyishimire turi mu ngo zacu. Ikindi  ntawemerewe gukora icyo aricyo cyose cyaba intandaro yo gukwirakwiza COVID-19.”

Yavuze ko buri Munyarwanda agomba kwibuka ko nta kintu na kimwe cyakumira COVID-19 uretse kuyirinda, umuti cyangwa urukingo rwayo.

Nyuma y’Intsizi y’Amavubi atsinda Togo, hari Abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali babyutse basohoka mu ngo ari benshi barabyina.

Bukeye bw’aho Polisi y’u Rwanda yatangarije kuri Twitter  ko ibyaraye bikozwe bidakwiye, yihanangiriza abaturage kutazabyongera.

Ubwo uriya mukino wahuzaga Amavubi n’Uduca twa Togo warangiraga abatuye muri Kigali bananiwe kwihanganira kuguma mu ngo batishimiye iyo ntsinzi.

Basohokanye amajerekani, amadebe…barabyina  abandi basohokana amacupa arimo inzoga banyweraga mu ngo zabo bareba umupira.

Ikindi Polisi yavuze ko cyari kibabaje ni uko abenshi babyinaga nta dupfukamunwa bambaye.

Icyo gihe Polisi yanditse kuri Twitter iti: “Ikipe y’igihugu izagira izindi ntsinzi nyinshi kandi byaba byiza dukomeje kuzizihiza turi bazima. Gufana ikipe y’igihugu no kwishimira intsinzi ni byiza ariko ntabwo bigomba kunyuranya n’amabwiriza ahari yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVIDー19.”

Amashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga yerekanye Umupolisi mukuru abuza abaturage gukomeza kwidagadurira mu muhanda bagataha.

Ahantu kwidagadura byafashe intera nini ni mu Karere ka Nyarugenge

 

TAGGED:AbanyarwandaAmavubifeaturedKaberaPolisiTogo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ndayishimiye Ntasiba Misa Yitabirwa N’Abatambaye Agapfukamunwa
Next Article Amavubi Yakiriye Inama Za Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?