Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubutumwa bwa Polisi kuri Pasika…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ubutumwa bwa Polisi kuri Pasika…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2021 8:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa 04, Mata, 2021 ni umunsi Abakirisitu bibuka izuka rya Yesu/Yezu Kristu uzwi ku izina rya Pasika. Kubera ko uba ari umunsi mukuru, abantu benshi barishimisha kandi muri iki gihe bakaba bashobora kwanduzanya COVID-19. Polisi yasabye abantu kubyirinda kugira ngo mu myaka iri imbere bazayizihize neza, nta cyorezo bakikanga.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera.

Polisi y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kumva ko Pasika izahoraho bityo ko aho kugira ngo bizihize banduzanya kiriya cyorezo muri uyu mwaka, bakwihangana bakazizihiza n’izindi zizaza zikazabasanga ari  bazima.

CP Kabera yabwiye RBA ati: “Pasika ni agahoraho kandi pasika zizahoraho. Umwaka utaha iki cyorezo twagitsinze cyangwa se n’undi uzaza  abantu bashobora kuzizihiza pasika neza…Mwizihize Pasika mwirinda COVID-19, mukore amasengesho yemewe, ku mubare wemewe, mu nsengero zabiherewe uburenganzira, kandi zirazwi., amabwiriza yubahirizwe 100%.”

Kugeza ubu Intara y’Amajyepfo y’u Rwanda niyo igaragaramo ubwandu bwinshi bwa kiriya cyorezo.

Abatuye uturere hafi ya twose twayo twashyiriweho umukwabo utangira saa moya z’ijoro(7h00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo(4:00am).

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubuzima, RBC, gitangaza ko kuba muri iriya ntara haboneka abantu benshi bandura biterwa n’uko hafatwayo ibipimo byinshi.

Muri iriya Ntaram RBC iri gupima abantu byibura 50 muri buri kagari kagize imirenge y’Uturere dutandatu mu turere turindwi tw’iriya Ntara.

Inama iheruka guterana ngo isuzumire hamwe uko ubwandu bwifashe mu Rwanda ifate n’ingamba mu gukomeza kurwanya kiriya cyorezo, yanzuye ko abatuye uturere twa Ruhango, Muhanga, Nyanza, Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe bagomba kuba bageze mu ngo zabo saa moya z’ijoro.

Byemejwe nyuma y’uko abatuye Huye, Gisagara na Nyanza bari bamaze ibyumweru bibiri batemerewe kurenga imbibi z’uturere twabo, kuri bo hakiyongeraho abo mu Karere ka Bugesera.\

Photo@RBC

TAGGED:AbakirisitufeaturedPasikaPolisiUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mwarimu wa Kaminuza Y’U Rwanda Uherutse Gupfa ‘Yagiraga’ Umuvuduko W’Amaraso
Next Article Igikomangoma Cy’Ubwami Bwa Jordanie Kirafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?