Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuyapani Bukomeje Guteza Imbere Karate Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ubuyapani Bukomeje Guteza Imbere Karate Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 January 2023 7:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha abakina Karate mu Rwanda, u Buyapani bubinyujije mu ishyirahamwe ryitwa Japan Karate Association, baherutse guha abantu 30 biganjemo abana impamyabumenyi yemeza ko bazamuye ubumenyi muri uyu mukino.

Ku wa Gatanu, taliki 30 Ukuboza 2022, nibwo abatsinze ibizamini byatanzwe n’abatoza bavuye mu Buyapani ku gicumbi cy’umukino wa karate, bashyikirijwe impamyabushobozi zabo.

Bahawe  n’imyambaro y’uyu mukino yitwa ‘Kimono’.

Abari barakoze ibi bizamini ni abantu 36.

Abatsinze biriya bizamini bahise bahabwa umukandara wo ku rwego rwa Dan.

Umwe muri bo witwa Muhire Shingiro David Gift yavuze ko ashimishijwe  n’intambwe yateye.

Yagize ati: “Ndishimye cyane.  Ubu ni bwo bigitangira kuko nifuza kuzaba Sensei ukomeye.”

Sensei Karamaga Barnabe wahawe Dan ya gatanu, ari nawe ufite nyinshi mu bakoze biriya bizamini yasabye abakiri bato gukunda uriya mukino.

Ati: “Ntabwo wagera kuri Dan ya gatanu byoroshye bisaba kubikunda ndetse no gukora imyitozo cyane.”

Avuga ko n’ubwo karate yateye imbere mu Rwanda, igifite imbogamizi y’uko abenshi bayitangira ariko ntibayikomeze.

Umuyobozi wungirije wa JKA Rwanda, Ganziteka Didier Pascal, yavuze ko impamyabushobozi batanze zemewe ku rwego mpuzamahanga.

Ati: “Izi mpamyabushobozi twatanze zemewe ku rwego mpuzamahanga aho wajya hose ku isi urayerekana ugakina, umukandara wawe uba wemewe ntabwo usubizwa inyuma.”

Avuga ko umwaka utaha bazatangira kwitabira amarushanwa mpuzamahanga hanze y’u Rwanda.

Mu bakinnyi 36 bakoze ibizamini, 15 bahawe Dan ya mbere (Shodan), batandatu bahabwa iya kabiri (Nidan), babiri bahawe iya gatatu (Sandan), batandatu bahabwa iya kane (Yodan) n’umukinnyi umwe wahawe Dan ya Gatanu (Godan).

TAGGED:BuyapanifeaturedKarateRwandaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vatican Yasohoye Ifoto Y’Umurambo Wa Papa Benedigito XVI
Next Article Rutsiro: Agace Kari Mu Twa Mbere Twibasirwa N’Inkuba Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?