Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuyobozi Si Amashuri Gusa Ahubwo Ni Na Kamere Y’Umuntu-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubuyobozi Si Amashuri Gusa Ahubwo Ni Na Kamere Y’Umuntu-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yarangizaga umwiherero w’iminsi ibiri w’abagize  Inteko y’Umuryango FPR-Inkotanyi,  Perezida Kagame yavuze ko kuba umuyobozi w’intica ntikize, mbese w’akazuyazi bidakwiye.

Avuga ko umuyobozi u Rwanda rukeneye ari utuma abantu babaho neza, agakora agamije ko ijanisha ry’ibyo akora rizamuka hejuru ya 50% aho kuba munsi ngo usange abantu bamererwa nabi kandi ari we ubashinzwe.

Yababwiye ko ibyo kuba akazuyazi mu gushyira mu bikorwa ibiteza abantu imbere bidakwiye.

Avuga ko umuyobozi ari ukora, agakora ibintu bigira ibibivamo bifatika kandi biganisha ku byiza yifurizaga abo ayobora.

Kuri Perezida Kagame ngo ubuyobozi ni ikintu kiba mu muntu, akakigendana, si ukujya kwiga gusa ngo wize ubuyobozi.

Ndetse ngo hari n’abo igihugu kishyurira ngo bige ubuyobozi, ariko bagaruka ugasanga ibyo bize ntibishyirwa mu bikorwa ngo bitange umusaruro ugaragara.

Ati: “ Ibindi ni ibintu biri aho, kandi myth ntawe bikiza.”

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abandi bayobozi ko ikibazo kiba muri ibi byose ari imico mibi yokamye bamwe bumva ko aho kugira ngo bakore ibiteza imbere abaturage ahubwo babanza gukuraho 10% kandi ibi bigakenesha abaturage.

Ngo abayobozi bemeranya ku kintu runaka ariko ntigikorwe.

Hari n’abatiba amafaranga ariko bakaba indangare, ntibakurikire ngo barebe uko ibintu bihagaze.

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo umuntu yagira byinshi byo gukora ariko ngo hari iby’ingenzi bigomba gukorwa ku mwanya wa mbere.

Inama Perezida Kagame yagiriye abayobozi muri FPR-Inkotanyi bakaba ari nabo bayoboye u Rwanda zije zikurikira izo yabagiriye ubwo yatangizaga iyi nama.

Yabwiye ko bagombye kuzibukira umururumba, bagakorera abaturage.

Ikindi yababwiye kibabaje ni uko abenshi mu biba amafaranga y’abaturage baba basanzwe bitunze, ntacyo babuze.

Ndetse ngo hari abo ahamagara bakaganira akababaza icyo babuze gituma bashora ukuboko mu mutungo ugenewe abaturage basora ari uko biyushye akuya.

Perezida Kagame yavuze ko iyo umuntu agiriwe inama ntiyumve aba agomba kurengera ingaruka.

Ngo uwo yamenye, ntarusimbuka!

TAGGED:featuredFPRInamaInkotanyiKagameRwandaUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Xi Jinping Yatorewe Gukomeza Kuyobora Ishyaka Riyoboye u Bushinwa
Next Article Uwahoze Ari Visi Perezida Wa FDLR Yagejejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?