Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bwa ‘Influencer’ Ni Gatebe Gatoki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ubuzima Bwa ‘Influencer’ Ni Gatebe Gatoki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2022 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuntu uzumva bita ko ari influencer uzamenye ko ari umuntu uhora kuri murandasi asoma kandi agatangaza ibyo yasomye, ibyo yabonye, ibijyanye n’ubuzima bwe, ibijyanye n’ubuzima bw’ibindi byamamare…mbese atajya ava kuri murandasi. Ibyo yahisemo gutangaza abicisha kuri YouTube, Twitter, Instagram, TikTok n’ahandi.

Ni akazi kakijije benshi ariko nanone kabatesha umutwe kubera ko basabwa guhora bashakisha icyatuma ababakurikirana ku mbuga nkoranyambaga batababura ngo babakumbure nibatinda bazabibagirwe.

Kumenyereza abantu ibintu runaka  ubwabyo ni ukwikururira.

Abakuzi baba bazi uko uvunika kugira ngo ubone ibyo ushyira ku mbuga nkoranyambaga ariko n’abatakuzi baba basa n’abasanzwe bakuzi kuko ntacyo mu byo ukora cyangwa ukunda uba utaraberetse kereka iyo utaramenyekana bihagije.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kubera ko murandasi ari umutungo umuntu agendana, biba bisaba ko influencer ahorana ibyuma byakira murandasi bigezweho kandi bikora neza.

Na murandasi ntiba igomba kubura cyangwa ngo ibe igenda gahoro.

Bitewe n’urubuga nkoranyambaga runaka yahisemo gukoresha ngo ageze ku bamukurikira(followers) ibyo yabateguriye, bamwe muri ba influencers bahora mu mpaka n’abanyapolitiki kubera ibyo baba bashyize kuri Twitter bishobora kutabashimisha.

Niyo mpamvu abakoresha Twitter cyane bazi neza impaka zijya zigirwa ku kitwa Twitter Space.

Kuri Instagram n’aho iyo runaka uzwi cyane kuri uru rubuga amaze iminsi atarubonekamo kubera impamvu runaka, abamukurikirana bacika ururondogoro bakibaza icyo yabaye kikabashobera.

- Advertisement -

Kugira ngo uzagire abantu benshi bagukurikirana ku rubuga nkoranyambaga runaka, bisaba ko uhora ushyiraho ibintu runaka, ibyo bita ‘posting.’

Bisaba kugira murandasi no guhozaho. Urubyiruko ariko rurabishoboye.

Nirwo rufite imbaraga mu gukora, imbaraga mu gushaka amafaranga n’umurava mu guharanira ko rwamamara.

Hari abo byakijije neza neza, ubu bafite imodoka n’inzu ‘bitikoraho’.

Bamwe ndetse Leta zijya zibaha amafaranga ngo baze bafotore, bafate amashusho bajye kwamamaza ibyiza runaka by’ibihugu ziyobora mu rwego rwo kureshya ba mukerarugendo.

Hari amafaranga binjiza agatuma baba ibyamamare kandi aho bakandagiye ugasanga barubahwa.

Mbere y’uko ukomeza gusoma iyi nyandiko yacu, menya ko yasohotse bwa mbere mu Kinyamakuru kitwa The Conversation cyandika ku mibereho y’abantu muri rusange.

Yasohowe n’umwarimu muri Kaminuza yitwa University of York, uwo mwarimu akaba yitwa Nina Willment.

Mu mwaka wa 2019 abashakashatsi  babajije abana icyo bahitamo kuba cyo hagati yo kwiga ubugenge bakazavamo abantu batwara ibyogajuru no kwiga gukoresha imbuga nkoranyambaga bakazavamo abavuga rikijyana ‘influencers’, bavuga ko bazaharanira kubona amafaranga bakoresheje YouTube.

Ikigaragaza ko ibi byanatangiye ni uko urubyiruko rw’Abongereza rungana na 1,300,000 ruvuga ko amafaranga rwifuza kuzatunga ari azava mu byo ruzashyira ku mbuga nkoranyambaga.

Amafaranga yo ruzanayabona kubera ko kugeza ubu imibare yerekana ko mu mwaka wa 2021 imbuga nkoranyambaga zinjirije abazikoresha bose hamwe ku isi amafaranga angana na Miliyari $ 13,8.

Umwe mu bantu urubuga nkoranyambaga rwakijije kurusha abandi ku isi ni uwitwa Zoella uyu akaba afite umutungo ungana na Miliyoni  £4.7, ni hafi Miliyari Frw 5.

Undi witwa Deliciously Ella we afite umutungo wa Miliyoni  £2.5.

Deliciously Ella atangaza ibyo kurya akabishishikariza abantu

Kugeza ubu ku isi hamaze kubarurwa abantu 300,000 batunzwe no gushyira ku mbuga nkoranyambaga ibyo bakora cyangwa ibyo abantu babamenyereyeho.

Aba kandi bafite hagati y’imyaka 18 na 26 y’amavuko.

Uretse ibibazo twabonye hejuru abakoresha imbuga nkoranyambaga bahura nabyo kugira ngo bakunde bamamare kandi binjize amafaranga, hari n’ibindi byo biba bidashingiye ku kuba ari abaswa cyangwa abanebwe.

Ivangura ry’uruhu naryo rituma hari bamwe badahabwa agaciro n’ubwo baba ari abahanga bakomeye mu byo bakora.

Ibi bituma hari abadahabwa ibiraka n’ibigo runaka kubera ko gusa basa gutya cyangwa kuriya cyangwa bakomoka ku mugabane runaka…

Abirabura, abafite ubumuga n’abazwiho kuryamana n’abo bahuje ibitsina bari mu batitabwaho.

Aba Influencers kandi bakunze guhura n’ikibazo cy’uko hari ubwo za Leta cyangwa bagenzi babo bazi ikoranabuhanga, bajya babafungira imiyoboro bakoresha.

Bikorwa biturutse mu gukoresha ikoranabuhanga ry’imibare bita algorithms.

Kugira ngo umu ‘influencer’ akurure amatsiko y’abantu, akora k’uburyo ashyiraho ibintu bituma bamureba cyangwa basoma ibyo yapostinze.

Ni ho uzasanga hari bamwe berekana n’imyanya yabo y’ibanga kandi ari ababyeyi babyaye.

Influencer ahangayikishwa cyane n’uko yakora ibintu bimuvunnye ndetse yabishyizemo n’amafaranga menshi ariko ntahagire ababireba, ‘views zikabura’

Ushatse wabigereranya no guteka ukabura ababirya!

Guhora kuri murandasi bituma igihe cyose cy’umunsi baba biteguye kuba bagira icyo bashyira kuri murandasi bityo bigatuma batagira umwanya uhoraho wo kuruhuka.

Guharanira kutazima bituma bahorana umutima uhagaze.

Ibi byose tuvuze haruguru bikeneye kuganirwa n’inzego z’imibereho y’abaturage ndetse n’abashinzwe ubuzima bwo mu mutwe bakaba maso, bagakora ubujyanama kuko mu minsi iri imbere iki kibazo gishobora no kuzatera abantu kwiyahura.

TAGGED:featuredInfluencersUrubyirukoYouTube
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi Wa Kigali Hafi Ya Wose Ugiye Kubura Amazi
Next Article Uwahoze Ayobora Niger Yakiriwe Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?