Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bwa Politiki Bw’Inararibonye Habumuremyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ubuzima Bwa Politiki Bw’Inararibonye Habumuremyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2024 5:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu myanzuro yaraye ifatiwe mu Nama y’Abaminisitiri ni uw’uko Dr. Pierre-Damien Habumuremyi aba umwe mu bagize Akanama Ngishwanama k’Inararibonye kagira inama Umukuru w’igihugu.

Aka kanama kayoborwa na Tito Rutaremara.

Habumuremyi yari amaze igihe nta nshingano afite nyuma y’uko afunguwe ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Yavutse taliki 20, Gashyantare, 1961, akaba akomoka mu cyahoze ari Komini Ruhondo muri Perefegitura ya Ruhengeri, mu Ntara y’Amajyaruguru na Burera by’ubu.

Yakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma harimo no kuba Minisitiri w’Intebe guhera taliki 07, Ukwakira, 2011 kugeza taliki 24, Nyakanga, 2014.

Mbere yari yabanje kuba Minisitiri w’uburezi mu gihe cy’amezi atanu gusa ni ukuvuga guhera muri Gicurasi kugeza mu Ukwakira, 2011.

Yize henshi harimo muri Zaire (Repubulika ya Demukarasi ya Congo y’ubu), Ubufaransa no muri Burkina Faso.

Mu mwaka wa 1993 nibwo yarangije muri Kaminuza ya Lubumbashi muri Zaire, yigaga imibanire y’abantu, ibyo bita sociology.

Yaje gukomereza mu Bufaransa yiga ubuhanga muri Politiki ibyo bita political science muri Kaminuza yitwa Panthéon-Assas, hari mu mwaka wa 2003.

Impamyabumenyi y’ikirenga muri Politiki yayikuye muri Kaminuza ya Ouagadougou muri Burkina Faso hari mu mwaka wa 2011.

Pierre Habumuremyi yatangiriye imirimo ya Leta muri Kaminuza y’u Rwanda yigisha Politiki nk’umwarimu wungirije.

Hari hagati y’umwaka wa 1993 na 1999 abifatanya no kwigisha muri Kaminuza yigenga ya Kigali na Kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi.

Uyu mugabo yigeze no gushingwa gucunga imishinga mu kigo cy’Ubudage gishinzwe iterambere mu bya tekiniki, German Technical Assistance Programme (GTZ Kigali) agira inshingano nk’izo kandi mu kigo Catholic Relief Services hari mu mwaka wa 1997 kugeza mu mwaka wa 2000.

Hagati y’umwaka wa 2000 n’uwa 2003, Habumuremyi yabaye Umunyamabanga mukuru wungirije muri Komisiyo y’igihugu y’amatora, nyuma aza kuyibera Umunyamabanga Uhoraho kugeza mu mwaka wa 2008.

Bidatinze Habumuremyi yabaye umwe mu bantu icyenda bagiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EALA, hari muri Gicurasi, 2008.

Yahise asimburwa muri Komisiyo y’igihugu y’amatora na Charles Munyaneza wagiye kuri uyu mwanya guhera muri Nyakanga, 2008 kugeza n’ubu.

Mu mwaka wa 2011, Dr. Habumuremyi yabaye Minisitiri w’uburezi asimbuye Charles Murigande.

Ntibyatinze kuko taliki 06, Ukwakira, 2011 yagizwe Minisitiri w’Intebe ariko mu mwaka wa 2014 aza gusimburwa na Dr. Anastase Murekezi.

Yayoboye n’urwego rw’igihugu rushinzwe iimpeta n’imidali bihabwa intwari z’igihugu, CHENO.

Gusa nyuma yaje kugongana n’amategeko arabifungirwa aza guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Kuva yarekurwa, nta zinzi nshingano yari afite muri Politiki.

TAGGED:AkanamafeaturedHabumuremyiImbabaziPerezidaPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hashyizweho ‘Sites’ Zo Kwita Ku Bazagirwaho Ingaruka N’Ibiza
Next Article Umunyamakuru Wa B&B Aramagana Abamushinja Ivangura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?