Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bwiza Ni Uburenganzira Bwa Buri Wese- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubuzima Bwiza Ni Uburenganzira Bwa Buri Wese- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2022 4:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame avuga ko buri muntu agomba kugira ubuzima bwiza kuko ari uburenganzira bwe.

Yabivuze mu nama yahuje abafata ibyemezo muri Politiki ndetse no mu rwego rw’ubuzima bari bahuye ngo harebwe aho Afurika igeze ihagarika ubwandu bw’imbasa.

Ni inama yateguwe k’ubufatanye  bw’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe n’abandi bafatanya bikorwa b’Afurika mu  by’ubuzima.

Iyi nama yatumijwe na Perezida wa Senegal Macky Sall.

Kagame yavuze ko kimwe mu bintu byatumye urwego rw’ubuzima muri Afurika rugenda biguru ntege ari COVID-19.

Ati: “ Ubuzima bwiza ni uburenganzira bwa buri muntu kandi ni ngombwa ko buri muturage wese aw’Afurika agira ubuzima bwiza kugira ngo twumve ko dutekanye twese.”

“Health is a right, and until everyone in Africa enjoys access to primary healthcare, including vaccination services, no one is safe. We have the resources and know-how. So let’s work together, and renew our commitment to eradicate polio, once and for all.” President Kagame. pic.twitter.com/vvqNMTt7Pz

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) December 10, 2022

Avuga ko bishoboka cyane ko abaturage bose b’Afurika bakingirwa kuko ibikoresho n’ubumenyi bihari.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko icy’ibanze kugira ngo ibyo byose bigerweho ari imikoranire ya bugufi hagati y’impande zose bireba.

Ashima kandi ko haherutse gutangizwa ikigega cyo gukusanya amafaranga azafasha mu gukingira imbasa abana bose b’Afurika kugira ngo bace ukubiri n’iyi ndwara yica cyangwa ikamugaza.

Iki kigega cyashyizwemo Miliyari $2.6 .

Perezida Kagame asanga kuba hari ibihugu by’Afurika harimo n’u Rwanda bigiye kubaka inganda zikora inkingo ari indi ntambwe yo kwishimira mu rugamba rwo guhashya indwara zizahaza abatuye uyu mugabane.

Ni inganda zizubakwa mu Rwanda, muri Senegal no muri Afurika y’Epfo.

Abana bose bagomba guhabwa inkingo zose harimo n’urw’imbasa.

Hari n’ikigo nyafurika gishinzwe gusuzuma imikorerwe n’ubuziranenge bw’imiti kitezweho gusuzuma niba imiti ikorerwa muri Afurika nta kibazo izagira ku bazayikoresha.

Kitwa Africa Medicines Agency.

Inama Perezida Kagame yavugiyemo iri jambo yitwa Forum For Immunization and Polio Eradication.

TAGGED:featuredImbasaImitiInkingoKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyamamare Xinda Agiye Gutangiza Igitaramo Gihoraho
Next Article Abasirikare 8 Ba DRC Bo Muri ‘Special Force’ Barimo Lt Col Bafashwe Na M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?