Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bw’Umutetsi Wabigize Umwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ubuzima Bw’Umutetsi Wabigize Umwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2022 11:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bakozi batekera abakiliya barira muri za Hoteli cyangwa za coffee shops witwa Janvier Karahanyuze  avuga ko gutekera abantu nk’aba bisaba ubwitange n’ubuhanga.

Uyu mugabo asanzwe ari umukuru w’igikoni gitekera abakiliya kiri ku Kacyiru hafi y’Ikicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ahitwa Kigali Craft Café.

Yabwiye Taarifa ko abyuka saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo akitagura akagera mu kazi saa kumi n’ebyiri n’igice atangira akazi.

Iyo akagezemo abanza kureba umubare n’amazina y’ibiribwa byaraye bishize, akareba n’ibihari.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Birumvikana ko ibyaraye bishize abitumiza, ibihari nabyo akareba niba bihagije ubundi agatangira akazi.

Nyuma y’ibyo rero nibwo atangira akazi.

Ati: “Ubusanzwe chef de cuisine w’umwuga ntajya yiganda ngo yumve ko commande bamuhaye ari nyinshi atazishobora. Njye niyo baba abantu 100 nabakorera kandi buri wese nkamukorera uko abishaka.”

Avuga ko atabishobozwa n’uko ari umuhanga w’igitangaza ahubwo ngo harimo n’impano Imana yamuhaye kandi akagira n’ubushake bwo kutiganda ku kazi.

Icyakora ngo yaranabyize kandi abifitiye impamyabumenyi.

- Advertisement -

Indi mpamvu avuga ko imubashisha ibyo akora ni ugukorana na bagenzi be bakungurana ibitekerezo n’ubumenyi.

Abajijwe uko abigenza kugira ngo buri wese wamutumye abone icyo ashaka kandi uko abishaka, yatubwiye ko abaseriveri  bazana udupapuro twanditseho ibyo abakiliya bashaka hanyuma buri wese akamukorera akurikije ibiri kuri ako gapapuro.

Ati: “ Iyo kaje rero ndareba ngasanga imwe yaje saa sita na  makumyabiri, indi yaje ku yindi saha gutyo gutyo… Icyo gihe mpera ku yaje mbere kurusha izindi kugeza ku yaje nyuma . Ariko hagati aho nkoresha imbaraga nyinshi ari nako nywa amazi menshi. Uramutse unyweye ikindi kitari amazi wahura n’ikibazo ukananirwa, amazi akagushiramo kubera ubushyuhe bw’aho uba ukorera.”

Yaduhishuriye ko mu myaka irenga amaze ari umutetsi mukuru atarashiririza cyangwa ngo apfubye ibyo yatumwe guteka.

Ati: “ Burya gushiririza ni uburangare. Nta muntu ndumva avuga ko nashiririje ibyo  yatumye.”

Avuga ko abitanga yizeye neza ko uwo abihaye ‘bigomba kumuryohera’ akazagaruka.

Umukuru w’igikoni ntakwiye kuvuga ko hari indyo atazi gutegura…

Yatubwiye ko umutetsi w’umwuga atagombye kuvuga ko hari indyo atazi gutegura, ahubwo ko agomba gukora ubushakashatsi akayitegura kandi neza kugira ngo iryohere umukiliya ndetse bitume  n’umukoresha ayishyira ku rutonde rw’ibyo aha abamugana.

Ati: “ Hari ubwo umukiliya atanga order yasomye ahantu cyangwa itekererwa ahandi akagusaba kuyikora. Icyo gihe ku giti cyanjye ngomba guhita njya kuri Google nkareba uko bikorwa nkabikora kuko nk’umunyamwuga sinavuga ngo iki sinkizi.”

Janvier Karahanyuze ari mu kazi

Yemeza ko iyo umukoresha akubonyemo ububasha runaka, uba ugomba kumwereka ko koko ubufite, ko atakwibeshyeho.

Ngo ni ko umunyamwuga akora.

Aburira abandi batetsi kwirinda kuzagaburira abakiliya  ibintu bidatunganye kuko biramutse bibaye byagira ingaruka zikomeye zirimo no guhombya shebuja.

Ku rundi ruhande, asaba abifuza gukora uriya mwuga kuwiga neza kandi bikabikora babikunze.

Kubera umunaniro ngo iyo ageze iwe arakaraba akaganiriza abo mu muryango akaryama kare.

Agaya abakora umwuga nk’uwe ariko babaswe n’ibisindisha.

TAGGED:featuredGutekaIgikoniKacyiruUmutetsiUmwuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kulayigye Yongeye Kugirwa Umuvugizi W’Ingabo Za Uganda
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Y’u Rwanda Yibukije Abapolisi Kwirinda Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?