Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bw’Umutetsi Wabigize Umwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ubuzima Bw’Umutetsi Wabigize Umwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2022 11:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bakozi batekera abakiliya barira muri za Hoteli cyangwa za coffee shops witwa Janvier Karahanyuze  avuga ko gutekera abantu nk’aba bisaba ubwitange n’ubuhanga.

Uyu mugabo asanzwe ari umukuru w’igikoni gitekera abakiliya kiri ku Kacyiru hafi y’Ikicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ahitwa Kigali Craft Café.

Yabwiye Taarifa ko abyuka saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo akitagura akagera mu kazi saa kumi n’ebyiri n’igice atangira akazi.

Iyo akagezemo abanza kureba umubare n’amazina y’ibiribwa byaraye bishize, akareba n’ibihari.

Birumvikana ko ibyaraye bishize abitumiza, ibihari nabyo akareba niba bihagije ubundi agatangira akazi.

Nyuma y’ibyo rero nibwo atangira akazi.

Ati: “Ubusanzwe chef de cuisine w’umwuga ntajya yiganda ngo yumve ko commande bamuhaye ari nyinshi atazishobora. Njye niyo baba abantu 100 nabakorera kandi buri wese nkamukorera uko abishaka.”

Avuga ko atabishobozwa n’uko ari umuhanga w’igitangaza ahubwo ngo harimo n’impano Imana yamuhaye kandi akagira n’ubushake bwo kutiganda ku kazi.

Icyakora ngo yaranabyize kandi abifitiye impamyabumenyi.

Indi mpamvu avuga ko imubashisha ibyo akora ni ugukorana na bagenzi be bakungurana ibitekerezo n’ubumenyi.

Abajijwe uko abigenza kugira ngo buri wese wamutumye abone icyo ashaka kandi uko abishaka, yatubwiye ko abaseriveri  bazana udupapuro twanditseho ibyo abakiliya bashaka hanyuma buri wese akamukorera akurikije ibiri kuri ako gapapuro.

Ati: “ Iyo kaje rero ndareba ngasanga imwe yaje saa sita na  makumyabiri, indi yaje ku yindi saha gutyo gutyo… Icyo gihe mpera ku yaje mbere kurusha izindi kugeza ku yaje nyuma . Ariko hagati aho nkoresha imbaraga nyinshi ari nako nywa amazi menshi. Uramutse unyweye ikindi kitari amazi wahura n’ikibazo ukananirwa, amazi akagushiramo kubera ubushyuhe bw’aho uba ukorera.”

Yaduhishuriye ko mu myaka irenga amaze ari umutetsi mukuru atarashiririza cyangwa ngo apfubye ibyo yatumwe guteka.

Ati: “ Burya gushiririza ni uburangare. Nta muntu ndumva avuga ko nashiririje ibyo  yatumye.”

Avuga ko abitanga yizeye neza ko uwo abihaye ‘bigomba kumuryohera’ akazagaruka.

Umukuru w’igikoni ntakwiye kuvuga ko hari indyo atazi gutegura…

Yatubwiye ko umutetsi w’umwuga atagombye kuvuga ko hari indyo atazi gutegura, ahubwo ko agomba gukora ubushakashatsi akayitegura kandi neza kugira ngo iryohere umukiliya ndetse bitume  n’umukoresha ayishyira ku rutonde rw’ibyo aha abamugana.

Ati: “ Hari ubwo umukiliya atanga order yasomye ahantu cyangwa itekererwa ahandi akagusaba kuyikora. Icyo gihe ku giti cyanjye ngomba guhita njya kuri Google nkareba uko bikorwa nkabikora kuko nk’umunyamwuga sinavuga ngo iki sinkizi.”

Janvier Karahanyuze ari mu kazi

Yemeza ko iyo umukoresha akubonyemo ububasha runaka, uba ugomba kumwereka ko koko ubufite, ko atakwibeshyeho.

Ngo ni ko umunyamwuga akora.

Aburira abandi batetsi kwirinda kuzagaburira abakiliya  ibintu bidatunganye kuko biramutse bibaye byagira ingaruka zikomeye zirimo no guhombya shebuja.

Ku rundi ruhande, asaba abifuza gukora uriya mwuga kuwiga neza kandi bikabikora babikunze.

Kubera umunaniro ngo iyo ageze iwe arakaraba akaganiriza abo mu muryango akaryama kare.

Agaya abakora umwuga nk’uwe ariko babaswe n’ibisindisha.

TAGGED:featuredGutekaIgikoniKacyiruUmutetsiUmwuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kulayigye Yongeye Kugirwa Umuvugizi W’Ingabo Za Uganda
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Y’u Rwanda Yibukije Abapolisi Kwirinda Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?