Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwandu Bwa COVID-19 Mu Rwanda Bwiyongereyeho 769%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Ubwandu Bwa COVID-19 Mu Rwanda Bwiyongereyeho 769%

Last updated: 11 January 2022 1:00 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko mu mpera z’umwaka ushize ubwandu bushya bwa COVID-19 bwazamutse ku rwego rukomeye, ku buryo bwiyongereyeho inshuro 769% ukurikije uko ibintu byari bisanzwe bihagaze.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse yavuze ko iyo hakozwe impuzandengo y’imibare yabonetse mu cyumweru cyo ku itariki 7-20 Ukuboza, ukayihuza n’iyo mu cyumweru cyo ku wa 21 ukuboza – 3 Mutarama mu minsi mikuru, ubwandu bwiyongereye hafi inshuro 769%.”

Yavugiye kuri TV 10 ko mu cyumweru cyabanje abantu banduye mu gihugu bari 1460, mu cyumweru cya nyuma mu minsi mikuru bagera ku 12,691.

Yakomeje ati “Urabona ko imibare yagiye izamuka cyane, cyane cyane ariko twabibonye mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara zimwe. Ubwandu bwariyongereye kandi ni cyo kiranga iyi virus. Nk’iyo urebye mu Mujyi wa Kigali tujya gutangira iriya minsi mikuru twari turi nibura kuri 1% by’abanduye urebye abantu twapimye, ariko byarazamutse bigera kuri 4%.”

“Amahirwe ni uko nubwo abantu benshi barwaye, iyo urebye abarembye, abari mu bitaro ni bake cyane kandi n’abafite ibimenyetso ntabwo bikanganye, n’abarwaye barakira.”

Dr Mpunga yavuze ko kugeza ubu ikigo cya Kanyinya nicyo kirimo kwakira abarwayi, ndetse kuri uyu wa Mbere abantu bagera muri batanu bari barimo kongererwa umwuka.

Imibare mishya igaragaza ko abantu icyenda bashya bashyizwe mu bitaro ku wa Mbere, ku buryo abashyizwe mu bitaro mu minsi irindwi ishize ari 73. Harimo batandatu barembye.

Dr Mpunga yavuze ko abantu bapfa ahanini ari abakuze n’abafite izindi ndwara zidakira nka kanseri, ziba zigeze ku rwego rwa nyuma.

Kuri uyu wa Mbere kandi hapfuye abantu icyenda, barimo abagore batandatu n’abagabo batatu. Ku cyumweru bwo hitabye Imana abagore babiri. Mu minsi irindwi ishize hitabye Imana abantu 27.

Dr Mpunga yashishikarije abantu kurushaho kwikingiza icyorezo cya COVID-19.

Yakomeje ati “Kuba hari abantu benshi batikingije, nibo bafite ibyago byo kurwara, virus zikaba nyinshi mu mubiri wabo bagatinda gukira, nibo batuma ya virus ikomeza gukwirakwira, zikihinduranya zikaba nk’ibi byose turimo kubona.”

“Niyo mamvu kwikingiza bifite akamaro, bituma utaremba ngo upfe, ariko nanone mwikingije muri benshi bizatua na ya virusi itabona aho imenera kugira ngo ikure cyangwa se yihinduranye ibe yabagirira nabi.”

Abaturarwanda bahawe nibura urukingo rumwe ni miliyoni 7.8, abahawe inkingo ebyiri ni miliyoni 5.6 naho abamaze guhabwa urukingo rushimangira ni ibihumbi 408.

 

 

 

TAGGED:COVID-19featuredInkingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Rwanda Yashyizeho Poromosiyo Yise ‘Kuri CAN Turayoboye’
Next Article Ikipe Y’i Burayi Irashaka Umuzamu Wa Rayon Sports Abouba Bashunga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?