Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwato Bwari Bwarafunze Ubunigo Bwa Suez Bwakuwemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubwato Bwari Bwarafunze Ubunigo Bwa Suez Bwakuwemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 March 2021 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwato bunini bwari bupakiye ibicuruzwa byinshi bugahura n’impanuka yatumye bumara hafi Icyumweru bwarafunze ubunigo bwa Suez mu Misiri( canal of suez) bwakuwemo. Bibaye nyuma y’igihe kirekire abantu bagerageza kubuhakura ariko byaranze.

Ubu bwato bwitwa Ever Given bwakorewe muri Taïwan bukaba bupima toni 200 000 n’uburebure bwa metero 400.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29, Werurwe, 2021 nibwo buriya bwato bwasubijwe mu mazi kuko imashini zituma bugenda zari zarafatiwe mu misotwe yatewe n’umucanga wazanywe na serwakira bituma budashobora gukomeza urugendo.

Ikigo gishinzwe gucunga uko amazi y’ubunigo bwa Suez akoreshwa kitwa Inchcape Shipping Services kivuga ko hari ikizere ko bidatinze ubundi bwato buri butangire gukoresha uriya muhora nk’uko bisanzwe.

Ni ubunigo bukoreshwa cyane n’ubwato buvana cyangwa bujyana ibicuruzwa hagati y’Afurika, u Burayi na Aziya.

Mu mwaka ushize wa 2020, ubwato bugera kuri 51 bwakoreshaga iriya nzira buri munsi.

Kubera ko iriya nzira yari itakiri nyabagendwa, hari ubwato 369 bwari bwarabuze aho buca.

Muri bwo harimo ubutwara gaz itunganyije, ubutwara za kontineri zirimo ibicuruzwa, ubutwara ibikomoka kuri petelori n’ubundi bwato butandukanye.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza( Reuters) byanditse ko umuhati wo gukura buriya bwato mu misotwe wakozwe n’abahanga mu by’ubwubatsi bakoresheje imashini zicukura n’andi mato manini kugira ngo  busunike Even Given ishobore gusubira mu mazi.

Ifoto y’icyogajuru yerekana ko bwa bwato bwatangiye gutanga inzira

Ikindi ni uko mu gihe cyingana hafi n’Icyumweru buriya bwato bwarafunze iriya nzira, igiciro cy’ibikomoka kuri petelori cyazamutseho $1 ku kagunguru ka essence.

Kugeza ubu karagura amadolari $63.67.  Ikindi ni uko ikigo nyiri buriya bwato cyahombye byibura  3.3%.

Ubunigo bwa Suez ni ingenzi mu bucuruzi bw’Isi.

15% by’ubucuruzi bwifashisha inzira y’amazi ku isi hagati y’imigabane iyigize bukoresha umuhora wa Suez.

Ibi byabaye umugisha kuri Misiri kuko uriya muhora winjiriza kiriya gihugu amafaranga menshi k’uburyo muri iyi minsi wari umaze ufunzwe wahombyaga Misiri miliyoni ziri hagati $ 14 na miliyoni $15 ku munsi.

Kudakora bwa buriy bunigo kwatumye hari ibigo bimwe bihitamo gukoresha indi nzira ica ahitwa Cap de Bonne Espèrance bisaba guca mu nkengero z’Afurika y’Epfo kandi ni urugendo rwabisabye byibura ibyumweru bibiri kugira ngo bigeze ibicuruzwa aho byagenewe ku migabane itandukanye.

 Uru rugendo rw’inyongera ruvuze ko rwasabye andi mikoro yo kugura ibikomoka kuri petelori, umunaniro ku batwara ubwato n’abandi bakozi ndetse n’ubukererwe ku baguzi n’abagurisha.

Ubunigo bwa Suez ni ingirakamaro mu bucuruzi buciye mu mazi hagati y’u Burayi, Afurika na Aziya
TAGGED:EverfeaturedGreenSuezUbwatoUmuhora
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyirakuru Wa Barack Obama Yapfuye
Next Article Ubundi Bwoko Butatu Bw’Ubuki Bwakuwe ku Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?