Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwisanzure Mu Itangazamakuru Buri Kuri 93.7%-Ubushakashatsi Bwa RGB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwisanzure Mu Itangazamakuru Buri Kuri 93.7%-Ubushakashatsi Bwa RGB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2021 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere RGB rwatangaje ko mu bushakashatsi bwarwo rwasanze ubunyamwuga bw’abakora itangazamakuru buri kuri 62.4%. Ikindi ngo ni uko ryisanzuye ku gipimo cya 93.7%.

Iki kikaba ari nacyo gipimo cy’iterambere ry’itangazamakuru mu Rwanda haba mu bunyamwuga no mu bwisanzure.

Bisa n’aho kuba itangazamakuru rikennye ari byo bituma rigira ubunyamwuga bucye.

Ku rundi ruhande ariko RGB ivuga ko kubahiriza amategeko agenga itangazamakuru bikorwa ku kigero cya 91.0%.

Ubu bushakashatsi bwa RGB bukorwa buri mwaka biswe Rwanda Media Barometer.

Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere kivuga ko kibukora hagamijwe kumenya ibipimo by’uko itangazamakuru rihagaze mu Rwanda.

Ubw’uyu mwaka bugaragaza ko ubwisanzure bw’itangazamakuru buri ku gipimo cya 93,7% na ho ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bukaba 86,4%.

Haraburaho 6.3% ngo itangazamakuru ryo mu Rwanda ryisanzure 100%

Hari bamwe mu banyamakuru bahise babwira Taarifa igipimo cy’ubwisanzure kingana na 93.7% kitaba mu Rwanda kuko ngo uretse no mu Rwanda no mu bihugu nka Finland ntiwabuhasanga.

Ikindi ngo ni uko no kugera ku isoko y’amakuru ari ikibazo.

Hari inkuru Taarifa yakoze mu ntangiriro z’umwaka wa 2021 yerekanaga ko hari ibigo bidaha abanyamakuru amakuru.

Icyo gihe abanyamakuru baganiriye na Taarifa banenze abakora mu bigo bya Leta bashinzwe kubivugira no kubitangaho amakuru (Public Relations Officers) ko batabaha amakuru bashaka, ayo babahaye aza atinze cyangwa akaza atuzuye.

Mu Rwanda ‘Itegeko rigena uburyo amakuru asabwa, uko atangwa n’uburenganzira bwo kuyahabwa’ rivuga ko ibigo bya Leta bifite inshingano zo gutanga amakuru afitiye abaturage akamaro igihe cyose atabujijwe n’Itegeko.

Iri tegeko ryasohotse mu Igazeti ya Leta Nomero 10, yo ku itariki 11, Werurwe, 2013.

Hari abashima ko inzego z’umutekano zitanga amakuru kurusha iza Politiki muri rusange

Ingingo ya 9 y’iri tegeko igena uko amakuru atangwa ivuga ko amakuru asabwa n’umuntu ku giti cyangwa itsinda ry’abantu  mu rurimi urwo arirwo rwose mu ndimi zemewe n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda hakoreshejwe imvugo, inyandiko, telefoni, ikoranabuhanga cyangwa ubundi buryo bw’itumanaho hatabangamiwe ibiteganywa n’iri tegeko.

Ingingo ya 11 ivuga ko iyo urwego rwasabwe amakuru rusanze rutari buyatange ruba rugomba ‘gusobanura impamvu’ mu buryo bushingiye ku mategeko.

Ingingo yaryo ya 17 ivuga ko Urwego rw’Umuvunyi ari rwo rugenzura ko iri tegeko rishyirwa mu bikorwa ku nyungu z’abaturage.

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda harimo na RBA icyo gihe babwiye Taarifa ko kubona amakuru agenwa n’itegeko twavuze haruguru bigoye.

Bavuga ko ibigo bya Leta bibasiragiza, bikabasaba kwandika za email bagategereza ko zizasubizwa zimwe zigasubizwa izindi amaso agahera mu kirere.

Ibindi binyamakuru byaduhaye amakuru kuri iriya tariki ya 18, Mutarama, 2021,  ni Kigali Today, UMUSEKE.RW, UMURYANGO.RW n’abandi bigenga.

Abanyamakuru bavuganye na Taarifa nyuma yo kumva iriya mibare ya RGB bavuze ko batumva ishingiro ry’iriya mibare.

Ikindi banenga abashinzwe gutanga amakuru ni uko hari bamwe muri bo bihunza inshingano zo kuvugira ibigo ahubwo bakarangira abanyamakuru Twitter ngo abe ari yo ibaha amakuru.

Mu nkuru twakoze muri Mutarama, 2021 hari ibigo byanenzwe kudaha amakuru abanyamakuru birimo na RSSB, Minisanté, Banki Nkuru y’u Rwanda, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda, RDB n’ibindi.

Ku rundi ruhande ariko bashimye Polisi na RIB ko bigerageza gutanga amakuru uko bishoboka kose.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedItangazamakuruRGBRwandaUbukene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaherutse Gutorwa Muri Njyanama Bahise Bajyanwa Gutyaza Ubwenge
Next Article Kagame Yitabiriye Inama Ya COMESA, Ashima Ko Itagamburujwe Na COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?