Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwoba Bw’Igitero Cya Iran Kuri Israel Bukomeje Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubwoba Bw’Igitero Cya Iran Kuri Israel Bukomeje Kwiyongera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2024 6:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mijyi minini ya Israel hari ubwoba bw’uko Iran iri bugabe ibitero kuri Israel.

Amerika nk’inshuti ya Israel ivuga ko amakuru y’iki gitero ari impamo kandi byatumye isaba abaturage bayo kutava muri Yeruzalemu, Tel Aviv na Bersheeba.

Hagati aho kandi Netanyahu yateranije inama idasanzwe y’abakuru b’ingabo kugira ngo bigire hamwe uko ibintu bimeze n’icyakorwa ngo barinde abaturage babo.

Umujinya wa Iran wazamuwe cyane n’igitero Israel yagabye kuri Ambasade yayo muri Syria igahitana abantu 13 barimo abajenerali bayo bakomeye.

Umuyobozi wa Iran Ayattorah Al Khamenei aherutse kubwira abaturage be ko Israel izabyishyura uko bizagemda kose.

Amerika ntiyatinze gutangariza Israel ko Iran yamaze kumaramariza kuyitera.

Ibi byatumye kuri uyu wa Kane Netanyahu asura ingabo ze zirwanira mu kirere azisaba kuba maso, zikitegura intambara.

Amerika yabwiye Israel ko Iran iri gutegura intambara izatangizwa n’igitero kinini kizaba kigizwe na drones 100 n’ubwato bwinshi bw’intambara.

Amakuru y’ubutasi avuga ko Iran iri gutegura na za missiles bita ballistic zo gusuka kuri Israel.

Ubu ni uburyo bukomeye bwo kugaba igitero kuko byagora ubwirinzi bwa Israel kubuza ibi bisasu kugera hasi.

Umuvugizi w’Umujyanama wa Biden mu by’umutekano witwa John Kirby avuga ko atavuga uko icyo gitero kizaba kingana mu mibare ariko akemeza ko uko bimeze ubu, nta gushidikanya ko igitero cyo kiri gutegurwa.

Intambara ya Iran na Israel yaba ije guhuhura abantu muri rusange kuko hasanzweho indi ntambara ikomeye iri hagati y’Uburusiya na Ukraine ariko n’Abanyaburayi bayirimo ku ruhande rwa Ukraine.

Iyo ntambara yatumye imibereho y’abatuye isi ihenda bityo indi yakwaduka nayo yabizambya kurushaho.

TAGGED:Amerika IranfeaturedIntambaraIsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Beatrice Munyenyezi Yakatiwe Gufungwa Burundu
Next Article Nyanza: Ibendera Ryari Ku Kagari Ryibwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?