Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwongereza Bwimye Visa Umunyarwandakazi Washakanye N’Umwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwongereza Bwimye Visa Umunyarwandakazi Washakanye N’Umwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2023 2:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Claudine Uwamahoro w’imyaka 28 y’amavuko uherutse gusezerana n’Umwongereza w’imyaka 56 y’amavuko yimwe visa yo kujyana n’umugabo we ngo babane mu Bwongereza.

Umugabo wa Uwamahoro yitwa Simon Danczuk akaba yarigeze kuba Umudepite ariko aza kwirukanwa muri izo nshingano.

The Telegraph yanditse ko Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza byangiye Claudine Uwamahoro kujya mu Bwongereza ariko byemerera umugabo we kujya aza kumusura buri mezi abiri.

Muri Nzeri, 2023 nibwo bombi bashyingiranywe, hari mu birori byitabiriwe n’abantu 100 ‘gusa.’

Simon Danczuk yahoze ahagarariye igice cya Rochdale mu Nteko ishinga amategeko y’Ubwongereza, hakaba hari hagati y’umwaka wa 2010 n’umwaka wa 2017.

Amakuru agera kuri Telegraph avuga ko Ibiro by’Ubwongereza bishinzwe abinjira n’abasokoha, Home Office, byamenye ko iby’urukundo rwa bariya bantu ari ‘ikinamico.’

Ayo makuru avuga ko n’ubwo bombi baganiraga kenshi, bakohererezanya amafoto nk’uko aba ‘darlings’ basanzwe babigenza, ngo nta rukundo nyakuri bafitanye.

Ubwo Claudine Uwamahoro yuzuzaga inyandiko z’abashaka kujya kuba mu Bwongereza kuko bashakanye n’umuturage w’Ubwongereza, abashinzwe gusuzuma izo nyandiko basanze batamushira amakenga!

Bahisemo gutera utwatsi ubusabe bwe.

Danczuk na Uwamahoro bavuga ko bababajwe n’uko umwe muri bo yangiwe kujyana n’uwo bashakanye mu Bwongereza bitewe n’uko hari abashidikanyije ku ishingiro ry’umubano wabo.

Danczuk yahoranye umugore witwa Karen Burke wahoze ari umunyamideli ukomeye wakundaga gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto ateye kwibazwaho.

Baje gutandukana mu mwaka wa 2015.

Claudine Uwamahoro

Ku rundi ruhande ariko Simon Danczuk yari yarigeze gushaka abandi bagore babiri barimo Sonia Rossinton babyaranye abana be bakuru ari bo George w’imyaka 25 na Mary w’imyaka 20.

TAGGED:BwongerezafeaturedKubanaRwandaUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umushumba Aravugwaho Gusambanya Umwana W’Incuke
Next Article Koreya Y’Epfo Irashaka Gushyiraho Ikigega Ihuriyeho N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?