Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwongereza, US…Bashyigikiye Israel, Qatar, Kuwait Bashyigikiye Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubwongereza, US…Bashyigikiye Israel, Qatar, Kuwait Bashyigikiye Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2024 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubu cameras z’itangazamakuru ziri kureba mu Burasirazuba bwo Hagati aho Iran na Israel byasakiranye. Ubwongereza, Amerika n’Ubufaransa bamaze kwitegura gufasha Israel mu gihe amakuru avuga ko Qatar na Kuwait nabo biteguye gufasha Iran n’ubwo ntacyo barabitangazaho mu buryo bweruye.

Ubwo kandi ni ko mu masaha make ari imbere i New York ku kicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye hari bubere inama idasanzwe y’Akanama k’uyu muryango gashinzwe amahoro ku isi ngo karebere hamwe icyakorwa ngo ibintu bihoshe bikiri mu maguru mashya.

Ingabo z’Ubwongereza zoherereje Israel indege z’intambara zo kuyifasha n’aho Amerika yohereje abasirikare bo mu mutwe udasanzwe wayo bita marines bagera ku 2500 ngo begere Israel bazayifashe ubwo ibintu bizaba byakomeye.

Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Rear Admiral Daniel Hagari yavuze ko kuba Iran yateye Israel ari ikosa rikomeye yakoze, yungamo ko ingabo za Israel zamaze kwitegura byose, haba kugaba igitero kuri Iran haba no kwitabara igihe cyose yaba itewe.

Rear Admiral Daniel Hagari

Avuga ko ibikenewe byose ngo Israel irindwe byamaze gutegurwa, ko igisigaye ari amabwiriza y’abayobozi bakuru b’iki gihugu.

Ku ruhande rwa Iran, yo ivuga ko ibitero byayo iri joro byaraye bishegeshe ikigo cya gisirikare cya Israel kiri mu butayu bwa Negev mu Majyaruguru yayo.

Mu gihe Iran yarasaga muri Israel, abarwanyi bo muri Yemen bitwa aba Houthis nabo batangaje ko bahise barasa muri Israel mu gice cyayo cy’Amajyaruguru ashyira Uburasirazuba, icyakora ntiharatangazwa niba ibi bitero byari byumvikanyweho n’impande zombi.

Amerika yamaze kohereza ubwato bunini cyane bw’intambara buhetse ubundi  bubiri buto bwo gufasha aho rukomeye, bukaba burimo abasirikare 2500.

Ubwo bwato buri mu gice cy’Uburasirazuba bw’Inyanja ya Mediteranée.

Hagati aho muri Iraq abasirikare ba Amerika bahakorera nabo babwiwe kuryamira amajanja, kandi bahabwa amabwiriza yo ghanura missiles zose zaca mu kirere cya Iraq zijya muri Israel.

Mu Nyanja itukura naho hari ubwato bw’intambara bwa Amerika bufite intwaro zihagije kandi ziteguye neza ku buryo nta missiles za Iran zahaca batazihanuye.

Ubwato bw’intambara bw’Amerika bise The Bataan

Iran yo yabwiye Amerika ko idakwiye kwivanga mu ntambara yayo na Israel kuko kubikora byayigiraho ingaruka.

Ku rukuta rwa Guverinoma ya Iran kuri X yanditse ko ‘ yagabye igitero kuri Israel mu rwego rwo kwihimura kucyo Israel yagabye kuri Ambasade yayo muri Syria taliki 01, Mata, 2024 ikica abasirikare bayo bakuru’.

Ibyo yakoze kandi ngo bishingiye ku ngingo ya 51 y’Amategeko mpuzamahanga yemewe n’Umuryango w’Abibumbye.

Iran yanaboneyeho kuvuga ko izakomeza kwitabara no kongera ibitero bigamije kuburizamo iby’umwanzi wayo kandi ikazabikora igihe cyose izabona ko bikwiye.

Ubwo kandi ni ko n’ibihugu bikikije Israel n’ibikikije Iran byatangiye kwitegura intambara igihe cyose yaba iri kubisatira cyangwa byaba ngombwa ko biyinjiramo.

Abaturage ba Iran bo baramukiye mu bwishimo nyuma yo kumva ko igihugu cyabo cyagabye ibitero kuri Israel.

Abaturage ba Iran baramutse bishimira igitero yagabye kuri Iran
Izo ni missiles yohereje
Inyinshi ngo zahanuriwe mu kirere
Ni igitero cyagabwe hakoreshejwe drones zirenga 200

Isi yose ihanze amaso uko ibintu biri bukomeze kugenda muri iki gihe hagati ya Iran na Israel.

TAGGED:AmerikaBwongerezafeaturedIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abaturage Bicishije Umusirikare Amabuye
Next Article REB Yatangaje Igitabo Kigenewe Kwigisha Abana Ibya Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?