Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 3:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko igihugu cye cyemeranyije n’Ubushinwa ko TikTok ikomeza gukora muri Amerika. Ubwo yajyaga ku butegetsi mu ntangiriro za 2025, Trump yavuze ko TikTok ikwiye gucibwa mu gihugu cye kuko ari igikoresho cy’ubutasi bwa Beijing.

Kuri Truth Social, Trump yanditse ati: “ Mu nama yaduhuje n’Ubushinwa yabereye mu Burayi yagenze neza. Ibyayivuyemo mu buryo budasubirwaho biratangazwa vuba aha.”

Yavuze ko hari ingingo baganiriyeho irebana n’urubuga nkoranyambaga urubyiruko rw’igihugu cye rukunda kandi ngo ruraza kwishima cyane.

Donald Trump yatangaje ko kuwa Gatanu Tariki 20, Nzeri, 2025 azaganira na mugenzi we uyobora Ubushinwa bakabyemeranyaho mu buryo burambye.

CNN(Cable News Network) yatangaje ko ibya TikTok biri mu ngingo nkuru Abadipolomate b’ibihugu byombi bari bamaze iminsi baganiraho mu nama yaberaga i Madrid muri Espagne.

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ubucuruzi n’inganda witwa Scott Bessent niwe wari uyoboye itsinda rya Washington, akaba yavuze ko ibiganiro ku ikoreshwa rya TikTok muri Amerika byagenze neza cyane.

Imwe mu ngingo yari imaze iminshi itangazwa n’ubutegetsi bwa Trump ku byerekeye TikTok yari iy’uko uru rubuga nkoranyambaga rukunzwe cyane n’urubyiruko rwo muri Amerika rwagurwa n’ikigo cy’Abanyamerika.

Icyakora byari bitarahabwa umurongo wemeranyijweho n’impande zombi.

Abanyamerika bavuga ko urwo rubuga ari intwaro Ubushinwa bukoresha ngo bukusanye amakuru y’ibibera hirya no hino ku isi harimo no muri Amerika.

Hari raporo y’ikigo SEO.AI yavuze ko Abanyamerika Miliyoni 170 bakoresha TikTok kandi mu mwaka wa 2024 abatuye Leta zunze ubumwe z’Amerika bari Miliyoni 340.1.

Abanyamerika bakurikirwa n’abaturage ba Indonesia n’aba Brazil mu gukoresha TikTok cyane kurusha abandi bose ku isi.

TAGGED:AmerikafeaturedTikTokTrumpUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe
Next Article Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?